Kwibohora32: Abaturage ba Ruharambuga bishimiye ibikorwa by’imibereho myiza byabagejejweho mu kwizihiza Umunsi wo Kwibohora


Kuri uyu wa 4 Nyakanga 2026, mu birori byo kwizihiza umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 32, ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwifatanyije n’abaturage b’Umurenge wa Ruharambuga mu Kwizihiza umunsi wo #Kwibohora32 hagamijwe gukomeza kwishimira ibyagezweho, kubisigasira no gukomeza guhamya intambwe mu ntego.


Ibi birori  byo Kwizihiza umunsi wo #Kwibohora32 byatangiye hasurwa inzu zubakiwe abatishoboye mu Mudugudu wa Nganzo Akagari ka Ntendezi, zubatswe k’ubufatanye bwa RGB n’Akarere ka Nyamasheke. Ubwo hasurwaga izi nzu kandi ubuyobozi bwashyikirije Madamu Kankindi Véronique inzu yubakiwe, mu rwego rwo kumufasha kuva mu nzu yashoboraga gushyira ubuzima bwe mu kaga, akabona inzu nziza kandi y’icyerekezo.


Mu ijambo rye, Madamu Kankindi Véronique yashimye ubuyobozi bwiza bw’u Rwanda by’umwihariko Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame akesha kuba uyu munsi wo kwibohora ku nshuro ya 32 wageze atuye mu nzu nziza kandi atekanye.  Yakomeje avuga ko mbere yabaga mu nzu ishaje kandi iva, agaragaza ibyishimo yatewe no kuba yarubakiwe inzu nziza kandi yujuje ibyangombwa byose. 


Nyuma y’iki gikorwa, abaturage bakomeje kwizihiza Umunsi wo Kwibohora mu birori byabereye ku biro by'Umurenge wa Ruharambuga, byitabiriwe n’abayobozi batandukanye bo mu nzego za Leta, iz’umutekano, abafatanyabikorwa n’abaturage. Ubuyobozi bwagaragaje ko Kwibohora atari amateka gusa, ahubwo ari urugendo rukomeje rwo kubaka imibereho myiza y’abaturage no guteza imbere igihugu.


Abaturage bashishikarijwe gukomeza kugira uruhare mu bikorwa by’iterambere, kubungabunga ibyagezweho no gukomeza kwimakaza ubumwe, umurimo n’indangagaciro zaranze urugamba rwo Kwibohora. 


Kwibohora32: Abaturage ba Ruharambuga bishimiye ibikorwa by’imibereho myiza byabagejejweho mu kwizihiza Umunsi wo Kwibohora

Kwibohora si amateka gusa, ahubwo ni urugendo rukomeje rwo kubaka imibereho myiza y’abaturage no guteza imbere igihugu
Read more →

Kwibohora32: Urubyiruko rwa Nyamasheke rwasabwe gukunda umurimo rukareka ubusongarere

"Nanjye mubona aha nka Visi Meya, si ho natangiriye, hari ahandi natangiriye. Akazi kose ubonye gakorane umurava, uve ku ntera imwe ujya ku yindi.…
Read more →

Bamwe mu baturage batishoboye ba Nyamasheke bafashijwe n'itorero ADEPR Paruwasi ya Nyamasheke

Ku wa 28 Kamena 2026 mu karere ka Nyamasheke hasojwe igiterane cy’iminsi ibiri y’ivugabutumwa cyateguwe n’itorero ADEPR Paruwasi Nyamasheke mu rwego…

Read more →

Mu nama isanzwe ya Njyanama y'akarere ka Nyamasheke hatowe ingengo y'imari isaga miliyali 48

Kuri uyu wa 29 Kamena 2026 mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Nyamasheke, Perezida wa Njyanama y'Akarere ka Nyamasheke Pro. Kamana Emmanuel yayoboye…

Read more →

BA MUTIMAWURUGO BA NYAMASHEKE BASUYE INTWAZA ZO MU RUGO RW'IMPINGANZIMA MU KARERE KA RUSIZI

Kuri uyu wa 21 Gicurasi 2026 ba Mutimawurugo b'Akarere ka Nyamasheke bari kumwe n'Umuyobozi w'AKARERE ka Nyamasheke Bwana Mupenzi Narcisse, Umuyobozi…

Read more →

Hatangizwa icyumweru cy'icyunamo n'iminsi 100 yo #Kwibuka32 Meya Mupenzi Narsicce yibukije ko kudasesengura byagejeje u Rwanda kuri Jenoside

Meya Mupenzi Narcisse yashimangiye ko kuba amacakubiri yarazanywe n'abakoloni ariko abanyarwanda barimo abayobozi n'abaturage ntibagire isesengura…
Read more →

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu ntara y'Iburengerazuba

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu marushanwa Umurenge Kagame Cup aho mu myaka 2 yikurikiranya ikomeje kuza ku isonga…
Read more →

Nyamasheke mu rugamba rwo kuba iya mbere mu bwiza bwa Kawa n'ubwinshi bw'umusaruro nyuma yo kuba ku isongo mu kugira ibiti bya kawa byinshi

Akarere ka Nyamasheke kari ku mwanya wa mbere mu gihugu mu turere dufite ibiti bya kawa byinshi. Kuba aka karere gafite umubare w'ibiti bya kawa…
Read more →

Nyamasheke: PSF- Nyamasheke yahawe umukoro wo gushora imari mu bikorwa bisamikiye ku bukerarugendo

PSF-Nyamasheke yashimiwe uruhare ntagereranywa igira mu iterambere ry'Akarere, ihabwa umukoro wo gukora ishoramari rishamikiye ku bukerarugendo mu…
Read more →
-->