Abafatanyabikorwa b'akarere biyemeje gukorera hamwe mu itegurwa ry'imurikabikorwa n'imurikagurisha biteganyijwe mu mpera za Kanama 2025

Mu nama y'inteko rusange isanzwe y'ihuriro JADF Jyambere Nyamasheke, abafatanyabikorwa b'akarere baganiriye ku imurikabikorwa n'imurikagurisha biteganyijwe guhera ku wa 25-31 Kanama 2025. Iri murikabikorwa rizakorerwa ku Kibuga cya Kirambo aho abafatanyabikorwa bazagaragariza abaryitabiriye ibyo bafatanya n'akarere mu iterambere n'imibereho myiza y'umuturage. 

Ku bijyanye n'imurikabikorwa, rizatangira ku wa 25-27 Kanama 2025, abafatanyabikorwa b'akarere bibumbiye mu ihuriro JADF Jyambere Nyamasheke bazamurikira abaryitabiriye ibikorwa bitandukanye bafatanyamo  n'akarere ka Nyamasheke mu iterambere n'imibereho myiza y'abaturage. 

Igikorwa cy'imurikagurisha giteganyijwe guhera ku wa 28-31 Kanama 2025, kizakorwa ku bufatanye bw'abikorera (PSF), ihuriro JADF Jyambere Nyamasheke, Yirunga LTD itegura ‘Kivu Beach Festival’ n'abandi bafatanyabikorwa. Muri iri murikagurisha na ryo rizabera ku kibuga cya Kirambo hazahurira abikorera bazamurika ibikorwa bitandukanye birimo "made in Rwanda", ibishingiye ku buhinzi n'ubworozi, uburobyi, ubukorikori n'ibindi. 

Biteganyijwe ko abitabiriye ibi bikorwa kandi bazasusurutswa n'abahanzi batandukanye bazitabira iri murikagurisha ku kibuga cya Kirambo, nyuma ya kirambo mu masaha ya nimugoroba abitabiriye ibyo bikorwa by'imurikabikorwa n'imurikagurisha bakazajya bitabira ibindi bikorwa bishingiye ku bukerarugendo bwo mu mazi byateguwe na Yirunga LTD ibizwi nka 'Kivu Beach Festival' bizajya bibera kuri 'Shara Beach.' Bimwe mu bikorwa bizajya bikorerwa kuri ‘Shara Beach’ harimo gusiganwa mu bwato, gutembera ku birwa biri mu kiyaga cya Kivu, imikino nka Beach Volleyball n'ibindi. 

Abagize ihuriro JADF Jyambere Nyamasheke, urugaga rw'abikorera mu karere 'PSF' na Yirunga LTD biyemeje gukorera hamwe mu itegurwa ry'ibyo bikorwa kandi biyemeza kubimenyekanisha no kuzabyitabira. 


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->