Nyamasheke: Abageze mu zabukuru barifuza kwishyira hamwe mu rwego rwo kunganira leta mu gufasha abageze mu zabukuru batishoboye
Kuri uyu wa 7 Ukwakira 2025, ubwo akarere ka Nyamasheke kizihizaga umunsi mpuzamahanga w'abageze mu zabukuru, abageze muzabukuru batanze ubuhamya bugaruka ku byo bigejejeho bafashijwe n'ubuyobozi, bakifuza kwishyira hamwe mu rwego rwo kunganira Leta mu bikorwa byo gufasha abageze mu zabukuru batishoboye.
Ibirori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w'abageze mu zabukuru ku rwego rw'akarere byizihirijwe mu murenge wa kagano mu kagari ka Rwesero byitabirwa n'umuyobozi w'akarere Bwana Mupenzi Narcisse, ubuyobozi bw'umurenge n'abaturage biganjemo umubare munini w'abageze mu zabukuru. Insanganyamatsiko y'umunsi mpuzamahanga w'abageze mu zabukuru igira iti: “Twite ku bageze mu zabukuru, dutegura ahazaza heza h’abakiri bato ni inkingi mu iterambere rirambye.”
Umuyobozi w'abageze mu zabukuru ku rwego rw'akarere ka Nyamasheke Bwana Niyitegeka Chrysologue yashishikarije abakiri bato gukurikiza indangagaciro zaranze abageze mu zabukuru kugira ngo bazabashe kwiteza imbere badasize n'igihugu muri rusange. Yahimiye ubuyobozi bwiza burangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame bufasha abageze mu zabukuru kubaho neza, asaba abakiri bato ko bazakomereza ku byo abageze mu zabukuru bagezeho, bakagera ku iterambere rirambye. Ybasabye kandi kwiteganyiriza cyane cyane bitabira gahunda ya Ejo Heza kugira ngo izabagoboke mu gihe bazaba bageze mu zabukuru.
Yakomeje agira ati: “Abageze mu zabukuru turi mu byiciro binyuranye, hari abageze mu zabukuru bafite uko bariho, hari abageze mu zabukuru baciriritse, hari abageze mu zabukuru b'incike; abo ngabo bose tugomba gufatanya cyane cyane abakiri bato kugirara ngo tubasigasire bazasaze neza. Kuko leta ntitwayishyiraho uwo mutwaro wose…. Natwe abageze mu zabukuru bifite twari dukwiye gushyira hamwe kugira ngo twunganire Leta. Birakomeye ariko icyifuza cyumvikanye tukagishyira hamwe cyaba cyiza kuko bariya bantu barababaje.”
Mu ijambo rye, Bwana Mupenzi Narcisse yagaragaje uruhare rukomeye rw’abageze mu zabukuru mu byo u Rwanda rwagezeho, anashimangira ihererekanya ry’amateka n’ubumenyi abakuru batanze ku bakiri bato. Yashimiye abageze mu zabukuru babashije kwizigamira agaragaza ko umuco wo kwizigamira ukwiye gutangira hakiri kare bityo uwizigamiye mu myaka mito akagobokwa n'ibyo yizigamiye agifite imbaraga. Yakomeje ashishikariza abakiri bato n’abakuru kwitabira gahunda zo kwizigamira nka Ejo Heza, kugira ngo mu myaka y'izabukuru bazabe bafite uburyo bwo kwibeshaho batabaye umutwaro kuri Leta n'imiryango yabo.
Uyu munsi kandi wahuriranye n’Inteko y’Abaturage, aho Meya yakoresheje uyu mwanya akaganira n’abaturage kuri gahunda zinyuranye za Leta zishyirwa anabakangurira kuzitabira. Hatanzwe umwanya kandi abaturage babaza ibibazo, umuyobozi w'akarere afatanyije n'ubuyobozi bw'umurenge babiha umurongo.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…