Abagororwa bahamwijwe ibyaha bya jenoside bakaba basigaje igihe gito ngo basoze ibihano basabwe ibintu bitatu by'ingenzi
Ubwo Minisitiri Dr. Bizimana Jean Damasecene, yaganiraga n'abagororwa bahamijwe ibyaha bya jenoside yakorewe abatutsi bakaba bari hafi gusoza ibihano basabiwe, ubutumwa bwe yabukubiye mu ngingo eshatu z'ingenzi agira ati:
"1. Kumva ubukana n'uburemere bwa jenoside bakoze, no kwiyemeza gutangukana n'ingengabitekerezo yayo.
2. Kumenya ko u Rwanda rutakiri igihugu cya gahutu cg rubanda nyamwinshi, ko ahubwo ari igihugu cy'abanyarwanda bose kandi n'abakoze jenoside bagomba kugira uruhare mu kubaka no kurinda ubumwe bw'abanyarwanda.
3. Kubwiza ukuri imiryango yabo, kuko bizabaremamo icyizere, kwiyoroshya mu mibanire n'abacitse ku icumu, no gufatanya kubaka imiryango ku bayifite mu burere bw'abana . Mugende mubwize ukuri imiryango yanyu, abacitse ku icumu n'abanyarwanda. Ibyo bizababohora."
Mu igororero rya Nyamasheke, abagororwa bahamijwe ibyaha bya jenoside bakaba basigaje igihe gito ngo basoze ibihano basabiwe ni 170. Aba baturutse mu magororero atandukanye mu gihugu bakaba baratangiye guhabwa ibiganiro (inyigisho) ku “Gusigasira ubumwe n'ubudaheranwa” guhera kuwa 18 Werurwe 2025, bakazasoza kuwa 18 Mata 2025.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…