Abahinzi barashimirwa uruhare rwabo mu mibereho myiza y’abaturage.
Kuri uyu wa 22 Kamena, ku biro by’Akarere ka Nyamasheke habereye umuhango wogushimira abajyanama b’Ubuhinzi no guhemba abahinzi ba kawa bahize abandi mu marushanwa aherutse kuba.
Nk’uko byasobanuwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke Kamali Aimé Fabien, aya marushanwa yateguwe ku bufatanye bwa Minisiteri y’Ubuhinzi n’Akarere ka Nyamasheke hagamijwe gushishikariza abahinzi guhinga kinyamwuga n kubashimira uruhari ntagereranywa bagira mu mibereho myiza y’ababaturage dore ko twese dutunzwe n’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi.
Nk’uko Umuyobozi w’Akarere yakomeje abisobanura, amarushanwa yakozwe n’abahinzi ba kawa guturuka ku rwego rw’Umudugudukugeza ku Karere.Abajyanama b’Ubuhinzi nabo bahiganwe guhera ku rwego rw’Umudugudu kugera ku Murenge nabo bose bagenerwa ibihembo.
Umuyobozi w’Ishami Rishinzwe Ubuhinzi mu Kigo cy’Ubuhinzi RAB Dr NDABAMENYE Telesphore wari Intumwa ya Minisitiri y’Ubuhinzi n’Ubworozi arahamya ko abahinzi bahinduye imyumvire, ubu bakaba bagaragaza impinduka nziza mu buhinzi. Ati “uyu munsi twateranye kugira ngo twishime, turebe abahinzi borozi bateye imbere, bateye intambwe, bahinduye imyumire kurusha ahandi bifite isoko ku miyoborere myiza”.
Intumwa ya Minisitiri y’Ubuhinzi n’Ubworozi yahamije ko Minisiteri y’Ubuhinzi ishimira byimazeyo ubwitange bw’abajyanama b’Ubuhinzi hamwe n’Abafashamyumvire, bityo ko bazabafasha mu by’ibanze byatuma banoza imirimo yabo. Yagize ati”Akazi k’abajyanama mu buhinzi n’Abafashamyumvire turabizi ko gakomeye, natwe twiteguye gukomeza kubafasha mu by’ibanze nk’amahugurwa n’ibikoresho bibafasha kunoza imirimo yabo bagahinga kinyamwuga ndetse bakanakomeza gufasha abandi bahinzi”.
Intumwa ya Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi kandi yashimye ko Atari gahunda y’ubuhinzi gusa abaturage ba Nyamasheke bumva, ahubwo ko gahunda zose nta yasigaye inyuma. Yagize ati “gahunda zose ni magirirane, umuhinzi ni ufite ubuzima,bityo ntibigomba gusigana no gutanga Ubwisungane mu kwivuza ndetse n’izindi gahunda zose zitandukanye zijyanye no kwesa imihigo.
Akarere ka Nyamasheke ni ko karere gafite ibiti bya kawa byinshi bisaga miiyoni 13 n’umusaruro ushimishije wa kawa, gahinga kasni icyayi kakaneza ibihingwa ngengabukungu birimo imyumbati, ibijumba, ibitoki,…. Abahembwe mu marushanwa bahawe bimwe mu bikoresho by’Ibanze bibafasha mu mirimo ya buri munsi ariko uwa mbere ku rwego rw’akarere we ahabwa inka ya 350000 by’amafaranga y’u Rwanda.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…