Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya kirimbi na macuba bashyizwe igorora

photo name

Hashize igihe kitari gito abahinzi b’umuceri mu gishanga kiri mu mirenge kirimbi na Macuba bibumbiye muru Koperative DUHUZIMBARAGA bifuza ko babona uruganda hafi yabo rutunganya umuceri bityo umusaruro wabo ntiwongere kwerekezwa mu tundi turere nka Rusizi na Muhanga gutunganyirizwayo. Abahinzi kandi baninubiraga ko umuceri wabo bahinga wabagarukiraga bawanditseho amazina y’inganda zawutunganyije maze ntihagaragareho izina ryabo.

Mu munsi ishize ariko akanyamuneza kari kose ubwo umushoramari Macumi Edison yatangiraga kubaka uruganda rutunganya umuceri bumva ko bazajya bagurishiriza umusaruro hafi, gusa baje gukomwa mu nkokora n’umuvuduko udahagije uru ruganda rwubakwagamo bisaba ko umusaruro wabo wongera kwerekezwa mu tundi turere.

Ubwo aba bahinzi basurwaga na Minisitiri ufite mu nshingano Ubucuruzi n’Inganda Bwana Munyeshyaka Vincent  ari kumwe na mugenzi we w’ Ubuhinzi n’Ubworozi Dr. Mukeshimana Gerardine, aba bahinzi babatuye iki kibazo maze babizeza ko bagiye kubashakira amasoko yandi bazagurishaho uwo musaruro kandi ko batazahomba. Banijeje abahinzi ko bagiye kuvugana n’Umushoranari akihutisha imirimo yo kubaka uru ruganda maze rugatanga umusaruro rwitezweho rukabera igisubizo abahinzi ba Nyamasheke.

Koperative DUHUZIMBARAGA igizwe n’ Abanyamuryango 2006 bakaba bahinga kuri hegitari  156 bakaheza toni sisaga 500 buri  gihembwe.

photo name Minisitiri w'Ubuhinzi n'Ubworozi Dr Mukeshimana Gerardine photo name Perezida wa Koperative DUHUZIMBARAGA


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->