Abakozi b’Akarere bizihije umunsi w’umurimo basura pariki ya Nyungwe

Ubwo kuri uyu wa 01 Gicurasi isi yose yizihizaga Umunsi Mpuzamahanaga w’Umurimo, Abakozi b’Akarere bakorera ku rwego rw’Akarere na bamwe mu bafatanyabikorwa babo, bo bawizihije basura bimwe mu byiza nyaburanga biri muri Pariki y’Igihugu ya Nyungwe. Bamwe mu bakozi batangaza ko n’ubwo iyi Pariki iri mu Karere bakorama baribataragera kuri bimwe mu bice biyigize nk’ikiraro cyo mu kirere “Canopy Walkway” ariko kandi bikaba n’uburyo bwiza bwo kuruhuka mu mu mutwe kubera amahumbezi n’urusobe rw’ibinyabuzima bigaragara muri iyi pariki. Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke Kamali Aimé Fabien we avuga ko kuri iyi nshuro bahisemo kwizihiza umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo mri iyi pariki kugira ngo abakozi barusheho kumenya ibyiza biri mu karere bakoreramo Atari ukubyumva nk’abandi gusa. Ati “ umwaka ushize twakoreye uyu munsi ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu, turishima ariko uyu munsi twaqhisemo kuza hano muri iyi pariki kugira ngo naho abakozi bahamenye, Atari ukubwira abandi ibyiza bo batarageraho. Umuyobozi w’Akarere arahamagarira Abanyarwanda n’Abandi bose bifuza gusura iyi Pariki n’Akarere muri rusange gukomeza kwitabira ibikorwa by’ubukerarugendo muri aka karere kuko bihari byisnhi Atari Ikiyaga cya Kivu na Pariki ya Nyungwe gusa ahubwo n’ibindi byisnhi birimo nk’Ibigabiro by’Umwami, Ikigaga muri Shangi, Umwaro w’Umwami, Intango y’Umwami,… Nyuma yo gusura iyi Pariki, abakozi bakomereje ubusabane mu nkengero z’iyi pariki banaganira ku cyakomeza guteza imbere umurimo wo soko y’iterambere rirambye.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->