Abanyeshuri ba GS Gisakura bizihiwe no gukoresha amazi meza akomoka mu musaruro wa Pariki ya Nyungwe

Kuva ishuri rya Gisakura ryashingwa mu mwaka wa 1974, bari batarabona amazi meza ya robine kugeza ku wa 14 Gashyantare 2024, ubwo iki kibazo cyahindutse amateka ubwo bagezwagaho amazi meza akomoka kuri gahunda y’ Ikigo Gishinzwe Iterambere ry’ Igihugu, RDB yatwaye hafi miliyoni 95 z’ amafaranga y’ u Rwanda.

Abanyeshuri bo kuri iri shuri bavuga ko kubona amazi meza byabagoraga bikabasaba gukora urugendo rurerure bikanabangamira amasomo, bakavuga ko aya mazi aje ari igisubizo.

Izabakuza Pascal wiga mu mwaka 5 kuri iki Kigo ati “ Kubona amazi meza ntibyari byoroshye, byabaga ngombwa ko umuntu azana agakoresho k’ amazi akuye mu rugo, cyangwa bigafata urugendo nk’ urw’ ibirometero 2 ngo abone amazi meza, kdi hano ni mu misozi, kuboana amazi ntibyoroshye

Pascal akomeza Ashima ko RDB ibavunnye amaguru kuko bizabafasha kwita ku masomo mu buryo bworoshye. Ati : RDB irakoze rwose barakoze baraturuhuye ndetse n’ imyigire yacu igiye kurushaho kuba myiza kuko nko mu gihe cy’ izuba byagoranaga cyane kubera ko nta mazi y’ imvura aba aboneka, wasangaga kugira ngo abanyeshuri bakore isuku bibasaba gufata imisozi bikagorana, turabizeza ko aya mazi tuzayacungira umutekano.

Ibi Pascal abihuriraho na mugenzi we witwa Kampire Francine na we wiga kuri iri shuri uvuga ko bagorwaga n’ urugendo bakoraga kugira ngo babone amazi meza.

Aragira ati “ ikibazo cy’ amazi cyari kitugoye nk’ abanyeshuri, iyo twakeneraga amazi twajyaga mu mibande kdi na bwo ugasanga Atari amazi meza. Nko mu gihe tumaze Gufata amafunguro, kugira ngo twose ibyo twaririryeho byadusabaga urugendo …… ubu twabinye amazi meza turishimye, turashimira RBD kuko badukuye kure cyane, bizaturinda ingendo twakoraga tujya gushaka amazi, maze icyo gihe twakoreshaga tugikoreshe twita ku masomo ariko azanadufasha kugira ubuzima bwiza kuko afite isuku kdi yujuje ubuziranenge.

Umuyobozi Ushinzwe Guhuza Pariki n’ Abaturage muri RDB Mbabazi Marie Louise avuga ko iyi ari gahunda Leta y’ u Rwanda yafashe kugira ngo abaturiye Pariki babone ibyiza by’ ubukerarugendo by’ umwihariko ibikomoka kuri Pariki maze na bo barusheho kugira uruhare mu kuzibungabunga no kuzirinda ba rushimusi.

Ati “ mbere abaturiye pariki barazononaga batazi akamaro kazo kuko bazihigagamo, bagatemamo ibiti, ariko ubu barakumiriwe, amafaranga avamo tububakiramo ibindi bashaka byabafasha kwiteza imbere noneho na bo bakadufasha kubungabunga Pariki no kurwanya ba rushimusi.

Umuyobozi w’ Imirimo Rusange mu Karere ka Nyamasheke RUTIKANGA Joseph wari uhagarariye ubuyobozi bw’ Akarere yagaragaje ko iki gikorwa ari ingenzi kandi ko ari kimwe muri byinshi bafatanyamo na RDB muri iyi gahunda ndetse avuga ko ubu uyu muyoboro Ugiye mu biganza by’ Akarere ko uzakomeza gucungwa neza kugira ngo ubyare umusaruro witezweho.

Usibye aba banyeshuri uyu muyoboro ugezaho amazi, uzanafasha abaturage baturiye iri shuri na bo kugera ku mazi meza.

Muri iyi gahunda yo gusaranganya umusaruro ukomoka muri Pariki hakorwa ibikorwa bitandukanye bigamije kuzamura imibereho myiza y’ umuturage no kubyibonamo. Hakorwa ibikorwa birimo kubaka imihanda, amavuriro, ibyumba by’ amashuri, kubakira abatishoboye,..

Muri uyu mwaka , ibi bikorwa byose bizatwara Frw asaga miliyari 3 mu Gihugo hose.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->