Abarobyi bakanguriwe gusigasira umutekano mu kiyaga cya Kivu kandi bagakurikiza amategeko mu burobyi
Ku wa 5 Kanama 2025, mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Nyamasheke, habereye inama y’abarobyi bo mu Kiyaga cya Kivu, iyobowe na Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré. Umushyitsi mukuru muri nama yari ACP Charles Butera, Umuyobozi wa Polisi ushinzwe Marine ya polisi mu Rwanda.
Inama yitabiriwe n’abayobozi b’inzego z’umutekano, abahagarariye amakoperative y’abarobyi, Garde Pêche, n’abandi bafatanyabikorwa mu gucunga umutekano wo mu mazi.
Inama yibanze ku gushimangira umutekano wo mu mazi, kurwanya uburobyi butemewe, kwirinda impanuka zituruka ku gupakira ubwato birenze ubushobozi, ndetse no gukangurira abarobyi gukoresha ibikoresho byemewe n’amategeko. Abitabiriye inama basabwe kwirinda ruswa, gutanga amakuru ku gihe, no gukumira abana kujya mu mazi mu gihe cy’ibiruhuko. Umuyobozi wa Marine yagaragaje ko umutekano mu Kivu wifashe neza ariko usaba ubufatanye buhoraho.
Inama yasojwe hasabwa ko yazajya iba buri gihembwe kugira ngo ibikorwa by’imikoranire n’umutekano bikomeze kunozwa. Abitabiriye bahawe umwanya wo gutanga ibitekerezo n’ibibazo, byose bihabwa ibisubizo binyuze mu bufatanye bw’inzego zitandukanye.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…