Abasaga 116 borojwe inka ku bufatanye na “Compassion International”

Ku bufatanye n’Umuryango Mpuzamahanga “Compassion International”, mu karere ka Nyamasheke horojwe abagenerwabikorwa b’uyu mushinga.

Nk’uko byasobanuwe na Pasteur RURANGWA Sylvain wari uhagarariye Umuyobozi Mukuru utabashije kuboneka, compassion yatanze inka zisaga 116 mu Karere ka Nyamasheke ndetse inatanga ihene zisaga 636 ku miryango ifite abana b’ abagenerwabikorwa b’umushinga batoranywa hakurikijwe abakennye kurusha abandi bo mu kiciro cya mbere n’icya kabiri cy’ubudehe. Kuri iyi ncuro horojwe imiryango 42 y’Abana baba mu mushinga wa Ntendezi ho mu Murenge wa Ruharambuga, izindi zikaba zaratanzwe mbere. Yakomeje avuga ko Compassion yatekereje gahunda ya Girinka nyuma y’aho Umukuru w’Igihugu ayitangije kandi ibi bikiyongera ku zindi gahunda zitandukanye zirimo uburezi, ubuvuzi, Imibanire n’abandi aho baha abana uburyo n’ibikoresho byo kwidagadura, ubukungu n’imibereho myiza. Yaboneyeho kandi gushimira Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke kubera imikoranire myiza hagati y’Akarere n’Ubuyobozi bw’Amatorero afite imishinga y Compassion International kuko biborohereza mu mikoranire. Yibukije ababyeyi kurera abana neza bagakura neza muburyo bwose ndetse bakagira umutima wo korozanya kugira ngo gahunda ya Girinka yagera kuri bose. Yabifurije gutera imbere bakava mu cyiciri barimo bakajya mu kindi bityo bagaha umwanya n’abandi mu mushinga. Yagarutse ku ntumbero y’Umuyobozi w’Umushinga ku rwego rw’Isi ko bifuza ko umunsi umwe umwana umwe mu bafashwa na Compassion azaba perezida w’Igihugu yungamo ko yanavuka I Nyamasheke.

UZAMUKUNDA Felicitée wo mu kagari ka Ntadezi ko Mu Murenge wa Ruharambuga yashimiye leta y’u Rwanda n’Umushinga ko umworoje. Yagize ati “ biranejeje cyane kubera ko ari igitangaza kuko ari bwo bwa mbere ngiye korora inka, izamfasha kwivana mu bukene, nta mata naywaga, nta gafumbire bityo singire umusaruro uhagije.”

 

Mu izina ry’Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Agateganyo w’Akarere ka Nyamasheke Bwana NIYIBIZI NTABYERA Hubert, yashimiye Ubuyobozi bw’Umushinga kubera uruhare ntagereranywa bagaragaza mu kwese imihigo y’Akarere igamije guteza imbere Umunyarwanda n’Umuturage w’Akarere ka Nyamasheke by’umwihariko. Yanijeje kandi Ababanyamadini n’Amatorero ari nayo Umushinga wahisemo gukorana nabo, ko bazakomeza gufatanya kugira ngo bagere ku iterambere rirambye. Yibukije ko ibi byose babikesha Ubuyobozi bwiza n’umutekano anabasaba kuwubungabunga kugira ngo bitazabaza mu myanya y’intoki.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Agateganyo w’Akarere ka Nyamasheke Bwana NIYIBIZI NTABYERA Hubert Yibukije imiryango yorojwe ko bakwiye kugira umutima wo kwitura uwabaganiye  nabo bagabira abandi bityo ntihazagire Umunyarwanda usigara atanywa amata. Yabasabye kandi kuzifata neza.

Umuryango Compassion Itenational watangiriye mu gihugu cya  Koreya mu mwaka wa 1952. ukorera mu bihugo 28 ku isi yose birimo 8 bya Afurika. ukaba warageze mu Rwanda  mu mwaka wa 1982, ukaba ufasha abantu batishoboye kwigobotora ingoyi y’ubukene. Aho utangiriye iyi gahunda ya Girinka ukaba umaze koroza abasaga 10000 kandi ukaba ugikomeje

 

 

TUYIZERE Jacques

Public Relations, Media and CommunicationOfficer


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->