Abasaga 12000 bakingiwe hepetite B
Muri iki cyumweru cyahariwe ibikorwa by’Ingabo “Army Week” ku bitaro bya Bushenge hakingiwe abasaga 12000 bakingiwe indwara y’umwijima yo mu bwoko bwa hepatite B.
Guhera mu ntangiriro z’icyumweru cyatangiye ku wa 26 Kamena, ku bitaro bya Bushenge haberaga igikorwa cyo gukingira abaturage indwara y’umwijima yo mu bwoko bwa hepatite B. Ubwo twasuraga aho iyi mirimo ikorerwa twahasanze abantu benshi bategereje guhabwa uru rukingo dore ko rwatangirwaga Ubuntu mu gihe ubusanzwe rugura amafaranaga y’u Rwanda asaga 28000.
Abaturage bishimiye cyane iki gikorwa cyateguwe ku bufatanye n’Ingabo z’u Rwanda banavuga ko bishobotse cyajya kibaho kenshi gashoboka. Abakora muri iyi serivisi nabo bavuga ko bashima uburyo abaturage bitabiriye iki gikorwa bigaragaza aho bageze bumva uburyo bwo kubungabunga amagara yabo.
Usibye ibikorwa by’ubuvuzi, mu cyumweru cyahariwe Ibikorwa by’Ingabo “Army Week” cyatangijwe ku itariki 4 Gicurasi kikazarangira ku wa 4 Nyakanga 2017, hanubatswe amashuri, n’ibiraro, hahingwa imboga hanubakirwa abatishoboye hagamijwe guteza imbere imibereho myiza y’Umuturage.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…