Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu rugamba rw'iterambere ry'akarere ka Nyamasheke, ku wa 29 Mutarama 2026 hateranye inteko y'ishoramari hareberwa hamwe amahirwe y'ishoramari mu karere ka Nyamasheke n'uko yabyazwa umusaruro. 

Iyi nteko yitabiriwe na Guverineri w'Intara y'Iburengerazuba Bwana Ntibitura Jean Bosco wari kumwe n'abandi bayobozi batandukanye, abashoramari n'abafatanyabikorwa banyuranye b'akarere. Iki gikorwa cyabimburiwe n'urugendo rwo gusura hamwe mu hari amahirwe y'ishoramari mu karere hibandwa ku mahirwe y'ishoramari ari mu kiyaga cya Kivu no mu nkengero zacyo.

Nyuma yo gusura aho hantu hanyuranye haberanye n'ishoramari, hatanzwe ibiganiro bigaruka ku miterere y'ishoramari mu Rwanda, n'icyo Leta y'u Rwanda ifasha abashoramari binyuze mu kigo cy'igihugu cy'iterambere (RDB) hagaragazwa ko abashoramari bashonje bahishiwe cyane cyane ku bijyanye no koroshya uburyo bwo kubona serivisi zijyanye n'ibyangombwa ku bashoramari bashya ndetse n'abasanzwe, aho bazajya babona serivisi bitabasabye kuva aho bari binyuze mu buryo bw'ikoranabuhanga.

Harebwa by'umwihariko ibijyanye n'iterambere ry'ishoramari mu karere ka Nyamasheke, ubuyobozi bw'akarere bwagaragaje amahirwe ari mu karere binyuze muri filime mbarankuru yari yateguwe, hagaragazwa ko amahirwe ari menshi ku bashoramari kandi n'akarere kakaba kiteguye kubafasha no gukorana nabo.

N'ubwo akarere gahamagarira abashoramari kugana Nyamasheke bakahashora imari, mu bitekerezo byatanzwe hagarutswe ku bashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke ariko bukaba bumaze igihe kinini nta bikorwa remezo burashyirwaho, bigaragazwa nk'ikibazo kibangamira iterambere ry'akarere kuko usanga akenshi abagura ubutaka baba batagamije kubushyiraho inyubako n'ibindi bikorwa byagenwe kubukorerwaho, ahubwo ugasanga bagamije kuzongera kubugurisha ku giciro gihanitse. Ubuyobozi bw'akarere bwagaragaje ko ibi bigira ingaruka ku biciro by'ubutaka aho usanga bizamuka mu buryo budakwiye kubera abantu babugura kuri izo mpamvu zavuzwe hejuru. 

Mu rwego rwo gushakira umuti urambye w'iki kibazo, ubuyobozi bw'akere bwamaze impungenge abitabiriye ihuriro ku ishoramari buvuga ko hari gutegurwa inama n'abo bashoramari bose baguze ubutaka mu karere bakaba batarabukoreraho ibikorwa bwagenewe ndetse n'abandi bose bafite ibibanza bitariho ibikorwa byagenewe gukorerwaho.

Ikindi ubuyobozi bw'akarere bwijeje nyuma yo kubona igishushanyo mbonera cy'imikoreshereze y'ubutaka ni ukwihutisha igaragazwa ry'amakuru ku byagenewe gukorerwa muri buri gace bityo bikazafasha kwihutisha ishoramari mu karere n'iyubakwa ry'ibikorwa remezo muri rusange.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->