Abaturage b'akagari ka Banda mu murenge wa Rangiro Bishimiye Igisubizo ku Kibazo cy’Ubutaka Bwabo Bwabaruwe nk’Uburi mu Gishanga

Abaturage bo mu murenge wa Rangiro, akagari ka Banda, bishimiye igisubizo bahawe n'ubuyobozi ku kibazo cy’ubutaka bwabo bwari bwarabaruwe nk’uburi mu gishanga, bigatuma budashobora kubwibaruzaho cyangwa kubukoresha mu buryo bunyuranye bubabyarira inyungu kandi bukurikije amategeko. 

Iki kibazo cyagarutsweho ubwo Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Bwana Ntibitura Jean Bosco, yagiranaga ibiganiro n’abaturage bo mu mirenge ya Rangiro na Cyato kuri uyu wa 14 Kanama 2025, muri gahunda y'intara y'iburengerazuba yo gusura abaturage no kuganira nabo kuri gahunda zinyuranye za Leta.

Mu gihe cyo kungurana ibitekerezo no kugeza ibibazo kuri Guverineri, bamwe mu baturage bagaragaje impungenge zituruka ku kuba ubutaka bwabo bwarafashwe nk’uburi mu gishanga, nyamara hashingiwe ku miterere y’akarere, bukaba butari bukwiye kubarwa nk'uburi mu gishanga.

Mu gusubiza iki kibazo, ubuyobozi bw’intara bwahumurije abaturage, bubamenyesha ko ikibazo cyamaze gukemuka, kandi ko mu minsi ya vuba abaturage bazabasha kubarurwaho ubutaka bwabo mu buryo bwemewe n’amategeko.

Guverineri Ntibitura Jean Bosco yasabye abakozi bashinzwe iby’ubutaka mu Karere ka Nyamasheke gukorana bya hafi n’aba baturage kugira ngo ubutaka butabaruye ku barurage bubandikweho vuba.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->