Abaturage b'akagari ka Banda mu murenge wa Rangiro Bishimiye Igisubizo ku Kibazo cy’Ubutaka Bwabo Bwabaruwe nk’Uburi mu Gishanga
Abaturage bo mu murenge wa Rangiro, akagari ka Banda, bishimiye igisubizo bahawe n'ubuyobozi ku kibazo cy’ubutaka bwabo bwari bwarabaruwe nk’uburi mu gishanga, bigatuma budashobora kubwibaruzaho cyangwa kubukoresha mu buryo bunyuranye bubabyarira inyungu kandi bukurikije amategeko.
Iki kibazo cyagarutsweho ubwo Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Bwana Ntibitura Jean Bosco, yagiranaga ibiganiro n’abaturage bo mu mirenge ya Rangiro na Cyato kuri uyu wa 14 Kanama 2025, muri gahunda y'intara y'iburengerazuba yo gusura abaturage no kuganira nabo kuri gahunda zinyuranye za Leta.
Mu gihe cyo kungurana ibitekerezo no kugeza ibibazo kuri Guverineri, bamwe mu baturage bagaragaje impungenge zituruka ku kuba ubutaka bwabo bwarafashwe nk’uburi mu gishanga, nyamara hashingiwe ku miterere y’akarere, bukaba butari bukwiye kubarwa nk'uburi mu gishanga.
Mu gusubiza iki kibazo, ubuyobozi bw’intara bwahumurije abaturage, bubamenyesha ko ikibazo cyamaze gukemuka, kandi ko mu minsi ya vuba abaturage bazabasha kubarurwaho ubutaka bwabo mu buryo bwemewe n’amategeko.
Guverineri Ntibitura Jean Bosco yasabye abakozi bashinzwe iby’ubutaka mu Karere ka Nyamasheke gukorana bya hafi n’aba baturage kugira ngo ubutaka butabaruye ku barurage bubandikweho vuba.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…