Abaturage b'akagari ka Kibogora mu murenge wa Kanjongo bishimiye kwifatanya na Guverineri w'intara y'Iburengrazuba mu nteko z'abaturage
Ku gicamunsi cy'uwa 06 Gicurasi 2025, Guverineri w'intara y'Iburengerazuba Hon. Ntibitura Jean Bosco yifatanyije n'abaturage bo mu kagari ka Kibogora mu murenge wa Kanjongo mu nteko y'abaturage.
Iyi nteko y'abaturage kandi yitabiriwe n'umuyobozi w'akarere Bwana Mupenzi Narcisse ari kumwe n'umuyobozi w'akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu Bwana MUHAYEYEZU Joseph Desiré, hamwe na bamwe mu bagize komite y'umutekano y'akarere itaguye.
Muri iyi nteko abaturage baganiriye n'ubuyobozi ku bikorwa remezo, basabwa kwihangana aho ibi bikorwa bitaraboneka cyane cyane nk'imihanda, ariko nanone bizezwa ko akarere kazirikana akamaro k'ibi bikorwa remezo, kakaba gakora ibishoboka byose ngo iyi mihanda itunganywe bityo byoroshye ingendo n'ubuhahirane.
Abaturage basabwe kandi kubungabunga ibikorwa remezo bihari nk'amashanyarazi n'ibindi kugira ngo bikomeze kubafasha mu iterambere.
Ku bijyanye n'imyubakire, abaturage bijejwe ko igishushanyo mbonera kigaragaza uko ubutaka bw'akarere buzakoreshwa kiri hafi gusohoka, bityo basabwa gukomeza gusaba ibyangombwa mu gihe bagiye kubaka kugira ngo birinde ibihombo bazaterwa no kubaka batagiriwe inama n'akarere.
Hon. Guverineri Ntirbitura Jean Bosco yashimiye abaturage b'akagari ka Kibogora n'umurenge wa Kanjongo, uburyo bitabiriye inteko n'ibibazo bamugejejeho, abizeza ko ibitasubirijwe mu nteko bikomeza gukurikiranwa n'akarere gafatanyije n'inzego z'ibanze bakazabona ibisubizo bidatinze. Yabasabye gukomeze kwitabira gahunda za Leta kugira ngo babashe kwiteza imbere ubwabo, no guteza igihugu n'akarere imbere muri rusange.
Aba babyeyi bari bakereye kwakira Nyakubahwa Guverineri
Umuyobozi w'akarere ubwo yasuhuzaga abaturage anaganira nabo
Abaturage benshi bari bitabiriye inteko y'abaturage
Amatorero yari yabukereye ngo asusurutse abitabiriye inteko
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…