Abaturage barasingiza ibikorwa remezo byo mu mihigo y’Akarere

Abaturage batuye mu midugudu ya Ninzi, Rugabano, Mujabagiro na Murwa yo mu Kagari ka Ninzi mu Murenge wa Kagano baravuga ko bishimiye ibikorwa remezo bibageraho bakesha Imihigo y’Akarere. Ubwo twaganiraga na bamwe mu baturage bo muri iyi midugu bavuze ko bishimiye imihanda bubakiwe kuko igenda ibakura mu bwigunge ndetse ikanaha agaciro ubutaka bwabo. Bavayondi Eugène wo mu Mudugudu wa Rugabano yagize ati “turashimira ubuyobozi bw’Akarere bwatugejejeho iyi mihanda n’ibikorwaremezo muri rusange kuko byongerera agaciro ubutaka bwacu no gushyira mu bikorwa igishushanyo cy’umugi. Akomeza agira ati “ ubu umuntu ufite inzu y’ubucuruzi  ku muhanda yongerewe agaciro, ariko kandi n’abavuye hirya no hino bashobora kuza kuhatura”. Iyi midugudu iri mu gishushanyo mbonera cy’umugi wa Nyamasheke kandi bigaragara ko ari ahantu heza habereye gutura no gushora imari aho abantu bahatuye baba bitegeye neza ikiyaga cya Kivu banumva amahumbezi agiturukamo. Mu mudugudu wa Murwa ho hafite umwihariko kuko hajya kuba umwigimbakirwa ku buryo nk’uwahashyira Hotel nziza byaba ari agahebuzo. Iyi mihanda kandi izakomeza kubakwa hirya no hino mu karere ka Nyamasheke mu rwego rwo guteza imbere Umuturage we zingiro ry’iterambere ry’Igihugu Ni muri aka Kagari kandi wasanga Ibigabiro by’Umwami Rwabugiri nka bimwe mu byo Akarere ka Nyamasheke gafite nk’Umwihariko w’ubwiza no kubumbatira amateka y’Igihugu.   TUYIZERE Jacques Public Relations, Media and Communication Officer

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->