Abaturage barasingiza ibikorwa remezo byo mu mihigo y’Akarere
Abaturage batuye mu midugudu ya Ninzi, Rugabano, Mujabagiro na Murwa yo mu Kagari ka Ninzi mu Murenge wa Kagano baravuga ko bishimiye ibikorwa remezo bibageraho bakesha Imihigo y’Akarere.
Ubwo twaganiraga na bamwe mu baturage bo muri iyi midugu bavuze ko bishimiye imihanda bubakiwe kuko igenda ibakura mu bwigunge ndetse ikanaha agaciro ubutaka bwabo.
Bavayondi Eugène wo mu Mudugudu wa Rugabano yagize ati “turashimira ubuyobozi bw’Akarere bwatugejejeho iyi mihanda n’ibikorwaremezo muri rusange kuko byongerera agaciro ubutaka bwacu no gushyira mu bikorwa igishushanyo cy’umugi. Akomeza agira ati “ ubu umuntu ufite inzu y’ubucuruzi ku muhanda yongerewe agaciro, ariko kandi n’abavuye hirya no hino bashobora kuza kuhatura”.
Iyi midugudu iri mu gishushanyo mbonera cy’umugi wa Nyamasheke kandi bigaragara ko ari ahantu heza habereye gutura no gushora imari aho abantu bahatuye baba bitegeye neza ikiyaga cya Kivu banumva amahumbezi agiturukamo.
Mu mudugudu wa Murwa ho hafite umwihariko kuko hajya kuba umwigimbakirwa ku buryo nk’uwahashyira Hotel nziza byaba ari agahebuzo.
Iyi mihanda kandi izakomeza kubakwa hirya no hino mu karere ka Nyamasheke mu rwego rwo guteza imbere Umuturage we zingiro ry’iterambere ry’Igihugu
Ni muri aka Kagari kandi wasanga Ibigabiro by’Umwami Rwabugiri nka bimwe mu byo Akarere ka Nyamasheke gafite nk’Umwihariko w’ubwiza no kubumbatira amateka y’Igihugu.
TUYIZERE Jacques
Public Relations, Media and Communication Officer