Abaturage barishimira uburyo begerwa n’ubuyobozi
Guhera Kuri uyu wa mbere tariki ya 23 kugera ku wa 25 Mutarama mu karere ka Nyamasheke hari itsinda ry’abakozi bo ku rwego rw’umuvunyi bayobowe n’ Umuvunyi wungirije ushinzwe kurwanya ruswa n'ibindi byaha bifitanye isano nabyo Bwana MUSANGABATWARE Clement ndetse n’Umuvunyi Mukuru Wungirije ushinzwe kurwanya no gukumira akarengane Madame KANZAYIRE Bernadette.
Ubwo yaganiraga n’abaturage b’Umurenge wa Kagano, n’Umuvunyi Mukuru Wungirije ushinzwe kurwanya no gukumira akarengane Madame KANZAYIRE Bernadette, yasobanuye amavu n’amavuko y’Urwego rw’Umuvunyi mu Rwanda ndetse anasobanura imikrere y’uru rwego. Yasobanuye ko imbpamvu nyamukuru yo kumanuka bakegera abaturage ari muri gahunda ya leta yo kwegera no kumva abaturage ndetse bakanabafasha gukemura bimwe mu bibazo bataba barabneye ibisubizo.yakomeje asaba abaturage bose kurushaho kurwanya no gukumira ruswa zo mu buryo bwose yaba bitugukwaha, ikimenyane ndetse n’iy’igitsina. Yibukije kandi ko mu gihe babonye uwaba ashaka kubaha cyangwa gutanga ruswa babimenyesha urwego rw’umuvunyi ndetse n’izindi nzego z’ubuyobozi bagafatanya kubikemura. Umuvunyi Mukuru wungirije yasabye na none abaturage kutabatwa n’umuco wo kutanyurwa n’ibyemezo biba byafashwe n’inkiko bagahitamo gukomeza gusiragira kuko bibadindiza mu iterambere.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke Bwana KAMALI Aimé Fabien mu izina ry’Indongozi yashimiye ubuyobozi bw’Urwago rw’Umuvunyi Uburyo rwabageneye iyi minsi yo kuza kubunganira mu gukemura ibibazo by’abaturage.
Nyuma y’ijambo ry’Umuvunyi Mukuru wungirije, abaturage bahawe umwanya babaza ibibazo bihabwa ibisubizo ibindi bihabwa umurongo.
Iyi gahunda yabereye mu Mirenge imwe y’Akarere ka Nyamasheke ikazakomereza mu yindi mirenge yasigaye ku munsi w’ejo kuwa kabiri ikazasozwa n’inama izabera ku rwego rw’Akarere irebera hamwe ibyavuye mu hirya no hino mu mirenge ku wa 25/01/2016
TUYIZERE Jacques
Public Relations, Media and Communication Officer
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…