Abaturage biteze impinduka kubera umushinga wo kwagura ubuso buhigwaho cyayi

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bufite umushinga wo kwagura ubuso buhingwaho icyayi kugira ngo bifashe abaturage kuzamura imibereho myiza yabo.

Ubusaznwe Akarere ka Nyamasheke kagaragaramo igihingwa cy’icyayi kiri ku buso busaga 4000 Ha hakaba hagiye kwiyongeraho ubusaga 3500Ha bityo mu myaka ine iri imbere hakazaba hari ubuso busaga 7500 ha buhinzeho icyayi.

Imiterere y’umushinga

Nk’uko bisobanurwa n’Uuyobozi w’Akarere Mukamasabo Appolonie, uyu mushinga uzakorwa ku nkengero za Pariki y’Igihugu ya Nyungwe na cyane ko ari ho hagaragara ubutaka budahinzeho kandi ari bwo buberanye n’igihingwa cy’icyayi.

Hazabanza harebwe ubutaka buzahingwaho, maze abaturage babutuyeho bubakirwe inzu zo kubamo muri site y’umudugudu hanyuma bishyurwe ibikorwa byabo biri ku butaka bahabwe imbuto y’icyayi yo guhinga kuri ubwo butaka.

Iyo mbuto y’icyayi bazayihabwa nk’inguzanyo hanyuma abo baturage banahabwe akazi muri icyo cyayi bajye bahembwa nk’abandi bakozi, bajye bishyura buhoro buhoro ku buryo bazegurirwa cya cyayi kikitwa icyabo akaba ari bo bazajya bigemurira icyayi ku nganda.

Kugira ngo uyu mushinga uteganya gutengirana n’ukwezi kwa Mutarama 2020 uzashoboke birasaba ubufatanye bw’inzego zitandukanye yaba iza Leta ndetse n’iz’abikorera basanzwe bafite mu nshingano ibijyanye n’igihingwa cy’icyayi.

Rwanda Mountain Tea nk’umushoramari ukomeye mu gutungaya icyayi ikaba inafite inganda ebyiri mu Karere, ivuga ko yiteguye gutanga umusanzu wose ukenewe kugira ngo ubu buso bwongerwe uko ayoishishikajwe no kuzamura imibereho myiza y’umuturage.

Abaturage bafite ubutaka buzagurirwaho icyayi bishimira cyane uyu mushinga bakagaragaza ko bawiteho impinduka kuko bazabona akazi muri iyi mirima bikabahesha kugira amafaranga yinjira mu mifuko yabo.

Mu Karere ka Nyamasheke habarurwa inganda ebyiri z’icyayi n’urundi rumwe rwenda gutangira imirimo yarwa, ndetse n’urundi rwena gutangira kubakwa.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->