Abatuye n'abakorera ubucuruzi mu isantire y'ubucuruzi ya Ntango bavuga ko umuhanda Bushenge-Shangi-Nyabitekeri uzabakura mu bwigunge

Imirenge ya Nyabitekeri, Shangi na Bushenge ni imwe mu mirenge byari bigoranye cyane kugenderana no guhahirana cyane cyane mu bihe by'imvura aho wasangaga umuhanda uhuza iyi mirenge utagendeka. Kuri ubu abatuye n'abakorera ibikorwa by'ubucuruzi mu isantire ya Ntango bavuga ko kuba uyu muhanda waratangiye gukorwa bigiye kubakura mu bwigunge kandi bakazawubyaza umusaruro. 

Umuhoza Fidence avuga ko we nk'umwe mu rubyiruko rukorera mu isantire y'ubucuruzi ya Ntango yishimiye kubona imashini zikora umuhanda zigeze muri iyo santire kuko byamuhaye icyizere ko bagiye gukora cyane kandi bakunguka kubera ko urujya n'uruza ruziyongera ugereranyije n'uko mbere byari bimeze kuko abantu batabashaga kuhagera kubera umuhanda udakoze. Ati: Twajyaga kurangura bitugoye cyane, ariko nitumara kubona uyu muhanda bizatuma tujya kurangura ku masaha duashaka kandi tugaruke ku masaha dushaka, yewe tunarangurire ku biciro nk'iby'abandi kuko tuzaba tworohewe mu ngendo." 

Abatuye n'abakorera ibikorwa by'ubucuruzi mu isantire y'ubucuruzi ya Ntango bemeza ko igikorwa remezo cy'umuhanda kizabakura mu bwigunge bakabasha gucuruza kandi bakunguka kuko hari ibyo batabasha gucuruza kubera ko aka gace kasaga n'akari mu bwigunge bitewe n'umuhanda utatumaga abantu bitabira kuhagera n'ubwo ari agace gafite ibyiza nyaburaga byakurura benshi. Bakomeza bavuga ko bizaborohereza kugera kuri serivisi z'ubuzima kuko nko mu gihe cy'imvura utashoboraga kujyana umurwayi kwa muganga kandi n'aho bishobotse ugasanga amafaranga y'urugendo abonwa n'umugabo agasiba undi. 

Uyu muhanda wa Bushenge-Shangi-Nyabitekeri uzakorwa ku birometero 28 nk'umuhando wo mu bwoko buzwi nka “feeder roads" cyangwa "Laterite” ufite imiyoboro y'amazi ku mpande ku buryo hari icyizere ko ari umuhanda uzaramba kuko utazononwa n'amazi y'imvura. Biteganyijwe ko uzakorwa mu gihe cy'amezi 9 ukazatwara amafarange y'u Rwanda asaga miliyari 7. 


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->