Abatuye n'abakorera ubucuruzi mu isantire y'ubucuruzi ya Ntango bavuga ko umuhanda Bushenge-Shangi-Nyabitekeri uzabakura mu bwigunge
Imirenge ya Nyabitekeri, Shangi na Bushenge ni imwe mu mirenge byari bigoranye cyane kugenderana no guhahirana cyane cyane mu bihe by'imvura aho wasangaga umuhanda uhuza iyi mirenge utagendeka. Kuri ubu abatuye n'abakorera ibikorwa by'ubucuruzi mu isantire ya Ntango bavuga ko kuba uyu muhanda waratangiye gukorwa bigiye kubakura mu bwigunge kandi bakazawubyaza umusaruro.
Umuhoza Fidence avuga ko we nk'umwe mu rubyiruko rukorera mu isantire y'ubucuruzi ya Ntango yishimiye kubona imashini zikora umuhanda zigeze muri iyo santire kuko byamuhaye icyizere ko bagiye gukora cyane kandi bakunguka kubera ko urujya n'uruza ruziyongera ugereranyije n'uko mbere byari bimeze kuko abantu batabashaga kuhagera kubera umuhanda udakoze. Ati: Twajyaga kurangura bitugoye cyane, ariko nitumara kubona uyu muhanda bizatuma tujya kurangura ku masaha duashaka kandi tugaruke ku masaha dushaka, yewe tunarangurire ku biciro nk'iby'abandi kuko tuzaba tworohewe mu ngendo."
Abatuye n'abakorera ibikorwa by'ubucuruzi mu isantire y'ubucuruzi ya Ntango bemeza ko igikorwa remezo cy'umuhanda kizabakura mu bwigunge bakabasha gucuruza kandi bakunguka kuko hari ibyo batabasha gucuruza kubera ko aka gace kasaga n'akari mu bwigunge bitewe n'umuhanda utatumaga abantu bitabira kuhagera n'ubwo ari agace gafite ibyiza nyaburaga byakurura benshi. Bakomeza bavuga ko bizaborohereza kugera kuri serivisi z'ubuzima kuko nko mu gihe cy'imvura utashoboraga kujyana umurwayi kwa muganga kandi n'aho bishobotse ugasanga amafaranga y'urugendo abonwa n'umugabo agasiba undi.
Uyu muhanda wa Bushenge-Shangi-Nyabitekeri uzakorwa ku birometero 28 nk'umuhando wo mu bwoko buzwi nka “feeder roads" cyangwa "Laterite” ufite imiyoboro y'amazi ku mpande ku buryo hari icyizere ko ari umuhanda uzaramba kuko utazononwa n'amazi y'imvura. Biteganyijwe ko uzakorwa mu gihe cy'amezi 9 ukazatwara amafarange y'u Rwanda asaga miliyari 7.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…