Nyamasheke yatangirijwemo ku rwego rw’igihugu gahunda yo kwegereza abaturage serivisi z’ubuvuzi bw’amatungo
Ku wa 12 Ukuboza 2025, mu Karere ka Nyamasheke hatangirijwe ku rwego rw’igihugu gahunda yo kwegereza abaturage serivisi z’ubuvuzi bw’amatungo binyuze ku baganga b’amatungo bikorera ku giti cyabo, izwi nka Veterinary Sanitary Mandate (VSM), hamwe na Soft Veterinary Registry and Licensure, sisitemu y’ikoranabuhanga izafasha abaganga b’amatungo kwiyandikisha mu rugaga no kubona ibyangombwa mu buryo bworoshye kandi bwihuse.
Iki gikorwa cyateguwe na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ku bufatanye n’Urugaga rw’Abavuzi b’Amatungo mu Rwanda (RCVD), kigamije kunoza serivisi z’ubuvuzi bw’amatungo, gucunga neza amakuru no guteza imbere umwuga w’ubuvuzi bw’amatungo mu Rwanda.
Mu ijambo ry’ikaze, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yashimiye MINAGRI kuba yarahisemo Nyamasheke nk’ahatangirijwe iyi gahunda ku rwego rw’igihugu, agaragaza ko izafasha mu kubungabunga amatungo, kongera umusaruro uyakomokaho no kunoza imitangire ya serivisi ku borozi. Yavuze ko kompanyi y’abavuzi b’amatungo bikorera yatangiye mu 2024 ikomeje kwitwara neza, ikaba ihuza abanyamuryango 188 barimo abagore 104 n’abagabo 84, batanga serivisi zitandukanye zirimo gutera intanga, gukingira indwara, gusuzuma ibikomoka ku matungo n’ubwishingizi.
Ku ruhande rwe, Umunyamabanga Uhoraho muri MINAGRI, Dr. Olivier Kamana, yashimye uruhare abaganga b’amatungo bagira mu iterambere ry’ubworozi mu Rwanda, ashimangira ko ubworozi ari imwe mu nkingi z’iterambere ry’igihugu. Yashishikarije aborozi kwitabira gukorana n’abanyamwuga bemewe kugira ngo babone serivisi zinoze, zizewe kandi zitangwa mu buryo bwa kinyamwuga.
Abanyamwuga mu buvuzi bw'amatungo mu Rwanda bagera ku 6,220 barimo abaganga b’amatungo (Veterinary Doctors) 660, impuguke mu bworozi 320, na abatekinisiye b’ubworozi barenga 5,240. Muri abo bose, 88% bikorera ku giti cyabo, mu gihe 12% bakorera Leta n’imishinga iyishamikiyeho.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…