Nyamasheke yatangirijwemo ku rwego rw’igihugu gahunda yo kwegereza abaturage serivisi z’ubuvuzi bw’amatungo

Ku wa 12 Ukuboza 2025, mu Karere ka Nyamasheke hatangirijwe ku rwego rw’igihugu gahunda yo kwegereza abaturage serivisi z’ubuvuzi bw’amatungo binyuze ku baganga b’amatungo bikorera ku giti cyabo, izwi nka Veterinary Sanitary Mandate (VSM), hamwe na Soft Veterinary Registry and Licensure, sisitemu y’ikoranabuhanga izafasha abaganga b’amatungo kwiyandikisha mu rugaga no kubona ibyangombwa mu buryo bworoshye kandi bwihuse.

Iki gikorwa cyateguwe na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ku bufatanye n’Urugaga rw’Abavuzi b’Amatungo mu Rwanda (RCVD), kigamije kunoza serivisi z’ubuvuzi bw’amatungo, gucunga neza amakuru no guteza imbere umwuga w’ubuvuzi bw’amatungo mu Rwanda.

Mu ijambo ry’ikaze, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yashimiye MINAGRI kuba yarahisemo Nyamasheke nk’ahatangirijwe iyi gahunda ku rwego rw’igihugu, agaragaza ko izafasha mu kubungabunga amatungo, kongera umusaruro uyakomokaho no kunoza imitangire ya serivisi ku borozi. Yavuze ko kompanyi y’abavuzi b’amatungo bikorera yatangiye mu 2024 ikomeje kwitwara neza, ikaba ihuza abanyamuryango 188 barimo abagore 104 n’abagabo 84, batanga serivisi zitandukanye zirimo gutera intanga, gukingira indwara, gusuzuma ibikomoka ku matungo n’ubwishingizi.

Ku ruhande rwe, Umunyamabanga Uhoraho muri MINAGRI, Dr. Olivier Kamana, yashimye uruhare abaganga b’amatungo bagira mu iterambere ry’ubworozi mu Rwanda, ashimangira ko ubworozi ari imwe mu nkingi z’iterambere ry’igihugu. Yashishikarije aborozi kwitabira gukorana n’abanyamwuga bemewe kugira ngo babone serivisi zinoze, zizewe kandi zitangwa mu buryo bwa kinyamwuga.

Abanyamwuga mu buvuzi bw'amatungo mu Rwanda bagera ku 6,220 barimo abaganga b’amatungo (Veterinary Doctors) 660, impuguke mu bworozi 320, na abatekinisiye b’ubworozi barenga 5,240. Muri abo bose, 88% bikorera ku giti cyabo, mu gihe 12% bakorera Leta n’imishinga iyishamikiyeho.


Hatangizwa icyumweru cy'icyunamo n'iminsi 100 yo #Kwibuka32 Meya Mupenzi Narsicce yibukije ko kudasesengura byagejeje u Rwanda kuri Jenoside

Meya Mupenzi Narcisse yashimangiye ko kuba amacakubiri yarazanywe n'abakoloni ariko abanyarwanda barimo abayobozi n'abaturage ntibagire isesengura…
Read more →

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu ntara y'Iburengerazuba

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu marushanwa Umurenge Kagame Cup aho mu myaka 2 yikurikiranya ikomeje kuza ku isonga…
Read more →

Nyamasheke mu rugamba rwo kuba iya mbere mu bwiza bwa Kawa n'ubwinshi bw'umusaruro nyuma yo kuba ku isongo mu kugira ibiti bya kawa byinshi

Akarere ka Nyamasheke kari ku mwanya wa mbere mu gihugu mu turere dufite ibiti bya kawa byinshi. Kuba aka karere gafite umubare w'ibiti bya kawa…
Read more →

Nyamasheke: PSF- Nyamasheke yahawe umukoro wo gushora imari mu bikorwa bisamikiye ku bukerarugendo

PSF-Nyamasheke yashimiwe uruhare ntagereranywa igira mu iterambere ry'Akarere, ihabwa umukoro wo gukora ishoramari rishamikiye ku bukerarugendo mu…
Read more →

Ingengo y’Imari Ivuguruye y’Akarere ka Nyamasheke Yatowe na Njyanama Yiyongereyeho Asaga Miliyari 3

Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…

Read more →

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →
-->