Nyamasheke yatangirijwemo ku rwego rw’igihugu gahunda yo kwegereza abaturage serivisi z’ubuvuzi bw’amatungo

Ku wa 12 Ukuboza 2025, mu Karere ka Nyamasheke hatangirijwe ku rwego rw’igihugu gahunda yo kwegereza abaturage serivisi z’ubuvuzi bw’amatungo binyuze ku baganga b’amatungo bikorera ku giti cyabo, izwi nka Veterinary Sanitary Mandate (VSM), hamwe na Soft Veterinary Registry and Licensure, sisitemu y’ikoranabuhanga izafasha abaganga b’amatungo kwiyandikisha mu rugaga no kubona ibyangombwa mu buryo bworoshye kandi bwihuse.

Iki gikorwa cyateguwe na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ku bufatanye n’Urugaga rw’Abavuzi b’Amatungo mu Rwanda (RCVD), kigamije kunoza serivisi z’ubuvuzi bw’amatungo, gucunga neza amakuru no guteza imbere umwuga w’ubuvuzi bw’amatungo mu Rwanda.

Mu ijambo ry’ikaze, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yashimiye MINAGRI kuba yarahisemo Nyamasheke nk’ahatangirijwe iyi gahunda ku rwego rw’igihugu, agaragaza ko izafasha mu kubungabunga amatungo, kongera umusaruro uyakomokaho no kunoza imitangire ya serivisi ku borozi. Yavuze ko kompanyi y’abavuzi b’amatungo bikorera yatangiye mu 2024 ikomeje kwitwara neza, ikaba ihuza abanyamuryango 188 barimo abagore 104 n’abagabo 84, batanga serivisi zitandukanye zirimo gutera intanga, gukingira indwara, gusuzuma ibikomoka ku matungo n’ubwishingizi.

Ku ruhande rwe, Umunyamabanga Uhoraho muri MINAGRI, Dr. Olivier Kamana, yashimye uruhare abaganga b’amatungo bagira mu iterambere ry’ubworozi mu Rwanda, ashimangira ko ubworozi ari imwe mu nkingi z’iterambere ry’igihugu. Yashishikarije aborozi kwitabira gukorana n’abanyamwuga bemewe kugira ngo babone serivisi zinoze, zizewe kandi zitangwa mu buryo bwa kinyamwuga.

Abanyamwuga mu buvuzi bw'amatungo mu Rwanda bagera ku 6,220 barimo abaganga b’amatungo (Veterinary Doctors) 660, impuguke mu bworozi 320, na abatekinisiye b’ubworozi barenga 5,240. Muri abo bose, 88% bikorera ku giti cyabo, mu gihe 12% bakorera Leta n’imishinga iyishamikiyeho.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->