Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane
Nyuma yo gusura bimwe mu bikorwa by'ubworozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo, kuri uyu wa 23 Mutarama 2026 Hon. Senateri Nyirahabimana Solina ari kumwe na mugenzi we Hon. Senateri Rugira Amandin bahuriye mu nama n'ubuyobozi bw'akarere, abagize komite y'umutekano y'akarere itaguye, abashinzwe ubworozi mu mirenge, aborozi n'abafashamyimvire mu bylubworozi bagamije kungurana ibitekerezo no kurushaho kumva neza uko ubworozi butezwa imbere mu karere ka Nyamasheke, uko ibiryo by'amatungo bibageraho n'imbogamizi bahura nazo.
Nyuma y'ijambo ry'ikaze ku bitabiriye inama bagejejweho n'umuyobozi w'akarere Bwana Mupenzi Narcisse, hatanzwe umwanya abitabiriye inama baganira ku bworozi mu karere ka Nyamasheke, ibiryo by'amatungo n'uko bigera ku bacuruzi n'aborozi muri rusange.
Bimwe mu byagaragajwe n'abitabiriye inama hagaragaye ikibazo cy'ibiryo by'amatungo bihenze cyane byaba ku babicuruza ndetse n'aborozi muri rusange. Iki cyagaragaye nk'imbogamizi ikomeye ku mpande zombi aho iri mu zica intege aborozi n'abacuruzi. Ku ruhande rw'akarere, uretse kuba mu karere nta ruganda rw'ibiryo by'amatungo ruhabarizwa, bwamenyesheje abitabiriye inama ko hari icyizere ko mu minsi iri imbere ku bufatanye n'umushoramari Kivu Choice hazashingwa uruganda rutunganya ibiryo by'amafi kandi uru ruganda rukazaba rufite ubushobozi bwo gusangurira n'abandi borozi muri rusange.
Indi mbogamizi yagaragajwe ni ibyo biryo by'amatungo bishobora kuba bitujuje ubuziranenge, ibituma amatungonbigaburiwe atabasha gutanga umusaruro wari witezwe, hakaba hasabwe ko hakorwa ubuvugizi minisiteri y'ubucuruzi igashyiraho ubugenzuzi bw'ubuziranenge ku bacuruzi n'abaranguza ibiryo by'amatungo.
Mu gihe ariko ikibazo cyo guhenda kw'ibiryo by'amatungo kitari cyabonerwa umuti urambye abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bagiriwe inama yo kwishyira hamwe mu rwego rwo gutumiriza hamwe ibiryo by'amatungo, ibizatuma bibageraho bidahenze cyane. Aborozi kandi bashishikarijwe kurushaho gutera ubwatsi bw'amatungo mu rwego rwo guhangana n'iki kibazo cy'ibiryo by'amatungo bihenze.
Ku ruhande rw'ubuyobozi bw'akarere bwasabye abasenateri ko bakora ubuvugizi ku nganda zikora ibiryo by'amatungo, kugira ngo byibura muri buri karere haboneke ahacururizwa ibiryo by'amatungo kandi ku giciro kimwe.
Mu bindi bitekerezo byatanzwe bijyanye n'ubuvugizi, hifujwe ko habaho gahunda ya nkunganire ku bijyanye n'ibiryo by'amatungo, gushyiraho gahunda y'ubugenzuzi bw'abacuruza ibiryo by'amatungo, gushyiraho ibiciro bimwe ku bacuruza ibiryo by'amatungo nk'ibisigazwa nyuma yo gutunganya ibiryo by'abantu (kawunga n'umuceri).
Mu ijambo rya Hon. Solina yagarutse ku mwihariko w'akarere ka Nyamasheke asaba ko imiterere y'akarere ubwayo ikwiye kubyazwa umusaruro cyane cyane ushingiye ku bworozi bityo bikagira uruhare rugaragara mu kurwanya imirire mibi no kwiteza imbere muri rusange. Yijeje abitabiriye inama ko nka Sena bazakora ubuvugizi ku bibazo byagaragajwe, ariko yongeraho ko mu gihe hagitegerejwe igisubizo kirambye harebwa uburyo bwo gukemura ibibazo bishingiye ku iterambere ry'ubworozi, ibibukomokaho n'ibiryo byayo muri rusange.


Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…