Meya Mupenzi Narcisse yakiriye n’Itsinda ry’Igihugu rishinzwe gukurikirana ibibazo bibangamiye abaturage mu karere
Mu gitondo cy’uyu wa kabiri tariki ya 13 Mutarama 2026, Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Bwana Mupenzi Narcisse, yakiriye itsinda rya “Taskforce” y’Igihugu rishinzwe gukurikirana ibibazo bibangamiye abaturage (National Human Security Issues), riyobowe na Col. Nyirasafari Seraphine. Uru ruzinduko rwari mu rwego rw’igenzura rigamije kureba uko Akarere ka Nyamasheke gashyira mu bikorwa ingamba zo gukemura ibibazo bibangamiye abaturage.
Nyuma y’ikaze no kumenyana, ubuyobozi bw’Akarere bwatanze ishusho rusange y’ibikorwa byagiye byakozwe bigamije gukemura ibibazo bibangamiye abaturage, bugaragaza intambwe imaze guterwa binyuze mu bufatanye n’abafatanyabikorwa batandukanye. Ubuyobozi bw'Akarere bwagaragaje ko n’ubwo hari byinshi byagezweho, hari n’imbogamizi zigihari, cyane cyane izishingiye ku ngengo y’imari idahagije.
Muri ibyo bibazo byagarutsweho, harimo icy'abaturage usanga badafite ubutaka bwo guturaho, aho kubafasha bisaba ingamba zihariye zirimo kubagurira ubutaka bwo kububakiraho, ndetse n’ibindi bibazo bifite aho bihuriye n’imibereho rusange y’abaturage.
Nyumayo kugaragaza ibyakozwe n’ibikiri ingorabahizi, hakurikiyeho umwanya wo kungurana ibitekerezo, kubaza no gusubiza ibibazo ku ngingo zitandukanye hagamijwe gushakira hamwe ibisubizo birambye.
Iki gikorwa cyasojwe n’uruzinduko rwakozwe n’itsinda ry’Igihugu rifatanyije n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu Mukankusi Athanasie, berekeza mu Murenge wa Cyato, aho bagiye kwirebera imbonankubone bimwe mu bikorwa byagezweho mu gukemura ibibazo bibangamiye abaturage.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…