Akarere ka Nyamasheke kibutse ku nshuro ya 24 jenoside yakorewe Abatusti

photo name Kuri uyu wa 07 Mata, Akarere ka Nyamasheke kimwe n’Igihugu cyose hatangijwe icyumweru cy’ icyunamo n'iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 24 jenoside yakorewe Abatutsi. Ku rwego rw'Akarere byabereye mu  murenge wa Mahembe, Akagari ka Nyagatare Umudugudu wa Murunda ku rwibutso rwa Kizenga. Muri uyu muhango, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburengerazuba Bwana Habiyaremye Pierre Célestin yasabye abaturage gukomeza gufatana mu mugongo muri ibi bihe bigoye bagasananirana. Ati “n’ubundi ni inshingano zacu nk’Abanyarwanda gufasha no kwita ku barokotse jenoside mu bihe byose ariko noneho iyi minsi ijana ikwiye kuba umwihariko tukabegera tukabahumuriza tukanabafasha”. Yanasabye kandi abitabiriye kugira ubutwari bwo kuranga imibiri y’Abazize jenoside itarashyingurwa mu cyubahiro kibagomba ahoy aba iri hose kugira ngo ishyingurwe. Nikuze Anasitaziya warokotse Jenoside yatanze ubuhamya asobanura urugendo bakoze mri jenoside anibutsa ko bitatangiye muri 1994. Uretse iby’amateka yumvise na we asobanura ko jenoside yateguwe ndetse ikigishwa igihe kirekire ashingiye ku rugendo ruhera za 1973 na za 1990 aho abatutsi bicwaga buhorobuhoro. Visi Perezida w'Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w'Abadepite Hon Mukama Abbas wari n’Umushyitsi Mukuru kuri uyu munsi yahamagariye abacitse ku icumu kurushaho kwiyubaka mu nguni zose z’ubuzima nk’uko umurongo ngenderwaho w’uyu mwaka ubivuga “Kwibuka Twiyubaka” Hon Mukama kandi yasabye abarikurangiza ibihano byabo bakava muri gereza kwiyunga ku mbaga y’Abanyarwanda basanze bakubaka Igihugu aho kugumana wa mutima baribafite. Ati “ ubuyobozi bw’Akarere bukora ibishoboka byose bakajya kwigisha muri gereza ariko ntibihagije. Muri gereza baba bakikijwe n’abandi benshi bagifite imitima mibi, noneho bagera hanze bahasanze abamaze gukira, bakaba babanduza. Twakora ubuvugizi mbere yo kujya muri kominote bakabanza gukorerwa ingando bakigishwa”. Urwibutso rwa Kizenga rushyinguyemo imibiri isaga 195 ariko hari n’ abandi bashyinguye mu rwibutso rw’icyahoze ari Komini Rwamatamu Ruherereye mu Murenge wa Gihombo photo name photo name photo name

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->