Akarere ka Nyamasheke kizihije umunsi Mpuzamahanga wa Mwarimu
Hirya no hino ku isi ku itariki ya 05 Ukwakira haba hizihizwa umunsi mpuzamahanga wa Mwarimu mu rwego rwo kuzirikana umurimo akora utagereranywa wo shingiro ry’Iterambere ryose kuko abakomeye bose baba baranyuze imbere ye.
Mu mirenge itandukanye yo mu Rwanda uyu munsi wizihijwe aho abarimu bo mu murenge bahuriye hamwe baraganira baranasabana. Akarere ka Nyamasheke nako kizihije uyu munsi mu mirenge itandukanye ikagize.
Ku rwego rw’Akarere, Umunsi mpuzamahanga wa Mwarimu wizihirijwe mu Murenge wa Ruharambuga aho Abarezi bo ku bigo bitandukanye bibarizwa muri uyu murenge bahuriye mu Kigo cya EAV NTENDEZI baganira ku buzima bwabo bwa buri munsi maze bungurana ibitekerezo ku cyabateza imbere.
Mu rwego rwo kurushaho gusabana, Ibi birori byabimburiwe n’umukino w’umupira w’amaguru wahuje zone ebyeri irimo EAV NTENDEZI n’indi ya G.S RWABIDEGE aho umukino warangiye amakipe yombi anganyije ibitego 2-2.
Nyuma y’umukino abarimu bagiye hamwe baraganira. Mu ijambo yagejeje ku mbaga yari iteraniye aho Madame MUKAZIYA Pauline nk’Umwarimu uhagarariye abandi barimu mu murenge wa Ruharambuga yashimiye leta y’u Rwanda uburyo idahwema gutekereza kuri mwarimu ikaba yaranamugeneye koperative UMWARIMU SACCO imufasha mu kwiteza imbere KU BURYO HAR N’Abarimu benshi barangije za kaminuza babikesha UMWARIMU SACCO. Yakomeje ashimangira ko kwigisha atari akazi ahubwo ari umuhamagaro.
Mu ijambo ry’Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage wari n’umushyitsi mukuru kuri uyu munsi,Madame Claudette MUKAMANA na we yashimiye Mwarimu kubera akazi k’Ubwitange akora anaboneraho kubasaba gukomeza urugamba rwerekeza ku ireme ry’uburezi ritajegajega. Yasabye abarimu ubufatanye mu kugabanya imibare y’abana bata ishuri. Yasabye Mwarimu gukomeza kuba ikitegererezo imbere y’Umunyeshuri yirinda imyifatire idakwiye kugira ngo Umunyeshuri amwigireho byose.
Uyu munsi wanitabiriwe na ba nyiribigo, abanyeshuri bahagarariye abandi kuri buri kigo, inzego z’umutekano. Umunsi wasojwe hatangwa ishimwe ku barimu b’Indashyikirwa bahize abandi kuri buri kigo. Ndetse n’umwe wo ku rwego rw’Akarere wagenewe Mudasobwa ngendanwa mu gihe hari n’Uzahembwa na REB agahabwa Inka.
TUYIZERE Jacques
Public Relations, Media and Communication Officer