Akarere ka Nyamasheke kizihije umunsi Mpuzamahanga wa Mwarimu

Hirya no hino ku isi ku itariki ya 05 Ukwakira haba hizihizwa umunsi mpuzamahanga wa Mwarimu mu rwego rwo kuzirikana umurimo akora utagereranywa wo shingiro ry’Iterambere ryose kuko abakomeye bose baba baranyuze imbere ye. Mu mirenge itandukanye yo mu Rwanda uyu munsi wizihijwe aho abarimu bo mu murenge bahuriye hamwe baraganira baranasabana. Akarere ka Nyamasheke nako kizihije uyu munsi mu mirenge itandukanye ikagize. Ku rwego rw’Akarere, Umunsi mpuzamahanga wa Mwarimu wizihirijwe mu Murenge wa Ruharambuga aho Abarezi bo ku bigo bitandukanye bibarizwa muri uyu murenge bahuriye mu Kigo cya EAV NTENDEZI baganira ku buzima bwabo bwa buri munsi maze bungurana ibitekerezo ku cyabateza imbere. Mu rwego rwo kurushaho gusabana, Ibi birori byabimburiwe n’umukino w’umupira w’amaguru wahuje zone ebyeri irimo EAV NTENDEZI n’indi ya G.S RWABIDEGE aho umukino warangiye amakipe yombi anganyije ibitego 2-2. Nyuma y’umukino abarimu bagiye hamwe baraganira. Mu ijambo yagejeje ku mbaga yari iteraniye aho Madame MUKAZIYA Pauline nk’Umwarimu uhagarariye abandi barimu mu murenge wa Ruharambuga yashimiye leta y’u Rwanda uburyo idahwema gutekereza kuri mwarimu ikaba yaranamugeneye koperative UMWARIMU SACCO imufasha mu kwiteza imbere KU BURYO HAR N’Abarimu benshi barangije za kaminuza babikesha UMWARIMU SACCO. Yakomeje ashimangira ko kwigisha atari akazi ahubwo ari umuhamagaro. Mu ijambo ry’Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage wari n’umushyitsi mukuru kuri uyu munsi,Madame Claudette MUKAMANA na we yashimiye Mwarimu kubera akazi k’Ubwitange akora anaboneraho kubasaba gukomeza urugamba rwerekeza ku ireme ry’uburezi ritajegajega. Yasabye abarimu ubufatanye mu kugabanya imibare y’abana bata ishuri. Yasabye Mwarimu gukomeza kuba ikitegererezo imbere y’Umunyeshuri yirinda imyifatire idakwiye kugira ngo Umunyeshuri amwigireho byose. Uyu munsi wanitabiriwe na ba nyiribigo, abanyeshuri bahagarariye abandi kuri buri kigo, inzego z’umutekano. Umunsi wasojwe hatangwa ishimwe ku barimu b’Indashyikirwa bahize abandi kuri buri kigo. Ndetse n’umwe wo ku rwego rw’Akarere wagenewe Mudasobwa ngendanwa mu gihe hari n’Uzahembwa na REB agahabwa Inka.   TUYIZERE Jacques Public Relations, Media and Communication Officer

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->