Akarere kagaragarijwe ibyavuye mu bushakashatsi ku ndwara y'imidido
Kuri uyu wa 25 Gashyantare 2025 umuyobozi w'akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukankusi Athanasie yakiriye itsinda ry'abashakashatsi mu cyumba cy'inama cy'akarere. Ni abashakashatsi baturutse muri Kaminiza y'u Rwanda aho baje kugaragariza abitabiriye ihuriro ibyavuye mu bushakashatsi ku ndwara y'imidido yagaragaye kuri benshi muri Nyamasheke.

Ubu bushakashatsi bwakozwe na Dr Jean Paul Bikorimana guhera muri Werurwe kugera mu Ugushyingo 2022, abukorera mu murenge wa Karengera ahagaragaye umubare munini w'abarwayi b'imidido.
Imidido ni indwara iterwa n'ubutare bwo mu butaka bwinjiri mu birenge uko umuntu amara igihe kinini atambara inkweto bityo bukangiriza imikaya itwara amaraso, bigatuma amaguru abyimba ariko na none bikaba biterwa n'imiterere y'umubiri wa muntu aho hari bamwe bashobora kurwara abandi ntibarware. Iyi ndwara kandi ishobora guterwa n’inzoka nazo zinjira uko umuntu agendesha ibirenge bitambaye inkweto bityo nazo zikangiza imikaya itwara amaraso bikageza kuburwayi bw’imidido. Ubushakashatsi bwagaragaje ko byibura imidido ikomoka ku butare bwo mu butaka bisaba imyaka igera ku 10 ibirenge by’umuntu bihura n’ubutaka.
Indwara y’imidido ntabwo ivurwa kwa muganga ariko iyo uyirwayi yivuje kare bahagarika iyononekara ry’imikaya isigaye ku buryo bitabuza umurwayi gukomeza ubuzima busanzwe atabangamiwe. Ubushakashatsi kandi bugaragaza ko iyi ndwara umuntu aba afite ibyago byo kuyirwara iyo afite umwe mu muryango wayirwaye ntakurikize ingamba zo kwirinda nko kwambara inkweto kenshi, isuku y’ibirenge n’aho aba.
Ubu bushakashatsi bwakozwe hagamijwe kurebera hamwe uburyo indwara y'imidido nk'imwe mu ndwara zirengagijwe yacibwa burundu kandi n'ubukangurambaga ku kwirinda iyi ndwara bugashyirwamo imbaraga. Hari hagamijwe kandi kurebera hamwe ibyakunganira ubuvuzi buhabwa aba barwayi, gukumira ihezwa no kubafasha kutiheza mu muryango.
Kwirinda indwara y'imidido birashoboka kuko bisaba kwambara inkweto kenshi, kugira isuku ku mubiri (amaguru, ibirenge n'ahandi), aho umuntu atuye no kwihutira kujya kwa muganga igihe ugaragaje uburwayi bwo kubyimba ibirenge kuko bifasha kudakomeza kubyimba bityo umuntu agakomeza kwiteza imbere adahejejwe mu nzu n’uburwayi.
Nyuma yo kugaragarizwa ibyavuye mu bushakashatsi umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Madamu Mukankusi Athanasie yavuze ko akarere kagiye gushyira imbaraga mu bukangurbaga bujyanye no kwirinda imidido ndetse no gushaka ubufasha ku barwayi b'imidido kugira ngo boroherwe babashe gukomeza kwiteza imbere.

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…