Akarere kifatanyije n'urubyiruko rwa Karengera mu muganda wihariye w'urubyiruko igihembwe cya mbere 2025/2026

Ifoto y'urubyiruko ubwo rwari rusoje igikorwa cyo gutunda amatafari rutangiye kuganira n'abayobozi batandukanye

Mu rwego rwo gukomeza kwimakaza uruhare rw’urubyiruko mu iterambere ry’igihugu, mu mirenge yose 15 igize Akarere ka Nyamasheke hakozwe umuganda wihariye w’urubyiruko w’igihembwe cya mbere cya 2025/2026. Ku rwego rw’akarere, uyu muganda wabereye mu Murenge wa Karengera mu kagari ka Mwezi, aho urubyiruko rwahuriye hamwe rutunda amatafari yo kubaka inzu y’umuturage utishoboye.

Insanganyamatsiko y’uyu muganda yari “Uruhare rw’urubyiruko mu kurwanya ibiza.” Ni insanganyamatsiko igamije gushishikariza urubyiruko kugira uruhare mu bikorwa byo kurengera ibidukikije, gufata neza ibikorwaremezo, ndetse no kwirinda ibikorwa byose bishobora guteza ibiza.

Uyu muganda witabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo bamwe mu bagize Inama y’Igihugu y’Urubyiruko ku rwego rw’Akarere ka Nyamasheke, Umukozi w’Akarere ushinzwe umuco n’urubyiruko n’abandi bakozi b’Akarere, hamwe n’ingabo n’inzego z’umutekano.

Madamu Musabyimana Leoncie, Umuhuzabikorwa wungirije w’Inama y'igihugu y'Urubyiruko ku rwego rw’Akarere, yashimiye urubyiruko rwitabiriye umuganda, abasaba gukomeza kugira uruhare rugaragara mu bikorwa by’iterambere ry'igihugu no gukoresha imbaraga zabo mu kwiyubakira igihugu. Yanibukije urubyiruko ko rugomba gukoresha neza imbuga nkoranyambaga, ndetse rugakoresha amahirwe yose agenerwa urubyiruko mu rwego rwo kwiteza imbere.

Mu bundi butumwa urubyiruko rwasabwe gukomeza kurangwa n’ikinyabupfura, gukunda umurimo nk’isoko y’iterambere, ndetse no kwirinda ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge byangiza ejo hazaza h’umuntu n’ah’igihugu muri rusange.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->