Akarere n'abafatanyabikorwa bako biyemeje kurushaho kunoza imikoranire kugira ngo bafashe abaturage kwikura mu bukene
Mu rwego rwo kurushaho kunoza ubufatanye n'abafatanyabikorwa bako mu gufasha abaturage kwikura mu bukene, akarere ka Nyamasheke kagiranye inama y'igihembwe cya kane n'abafatanyabikorwa kuri uyu wa 16 Kanama 2025. Harebewe hamwe ibikorwa binyuranye by'abafatanyabikorwa, uko bigera ku baturage cyane cyane abari mu cyiciro cy'abafashwa kwikura mu bukene, harebwa imbogamizi abafatanyabikorwa bahura na zo hatangwa inama n'ibitekerezo binyuranye kugira ngo ibikorwa by'abafatanyabikorwa b'akarere bigire uruhare mu gufasha icyiciro cya mbere cy'abaturage bagomba gufashwa kwikura mu bukene, ibizwi mu ndimi z'amahanga nka “Graduation”.
Iyi nama yatangijwe n'umuyobozi w'akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, ashimira abayitabiriye kandi asaba inzego z'abafatanyabikorwa gukorana n'ubuyobozi bw'imirenge kugira ngo ibikorwa byabo bibashe kugera neza ku baturage bari mu cyiciro cy'abafashwa kwikura mu bukene.
Muri iyi nama kandi hagaragaye impungenge ko hari abaturage usanga bakwiye kuba bajya mu cyiciro cy'abafashwa kwikura mu bukene, nyamara ugasanga ku rutonde batagaragaraho, umuyobozi w'akarere wungirije asaba abayobozi b'imirenge gukangurira abaturage no kubafasha kwiyandikisha muri sisiteme imibereho kugira ngo babashe kujya mu igenamigambi ry'igihugu, bityo nabo mu cyiciro cya kabiri bazashyirwe ku rutonde rw'abafashwa kwikura mu bukene.
Nk'akarere kari mu dufite umiryango myinshi ikennye, umuyobozi w'akarere Bwana Mupenzi Narcisse asoza iyi nama, yasabye ubufatanye busesuye hagati y'abafatanyabikorwa n'inzego z'ubuyobozi kuko bose baba bashishikajwe no gufasha umuturage.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…