Ambasaderi wa Isiraheli mu Rwanda yasuye Akarere ka Nyamasheke.
Kuri uyu wa 13 Ugushyingo , Ambasaderi wa Leta ya Isiraheli mu Rwanda H.E Dr. Ron ADAM yagize uruzinduko rw’ akazi mu Karere ka Nyamasheke asura ibikorwa bitandukanye.
Ibyakozwe muri uru ruzinduko
1. Gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Gasirabwoba
Ubwo yasuraga uru rwibutso, uyu muyobozi wo mu rwego rwohejuru yatambagijwe urwibutso anasobanurirwa ubugome bwakorewe abahashyinguye basaga ibihumbi 19 anashyira indabo ku mva nk’ ikimenyetso cyo guha agaciro imibiri iharuhukiye.
Ambasaderi ntiyahishe amarangamutima ye, yagaragaje ko yifatanyije n’ imiryango y’ abarokotse ndetse abwira abari bahari ko na we ari uwo mu muryango w’ abarokotse ubwo habaga jenoside yakorewe Abayahudi.
2. Ikiganiro ku mahirwe mahirwe y’ ishoramari ari mu Karere ka Nyamasheke.
Nyuma y’ uko bavuye ku rwibutso , Amabsaderi n’ abari kumwe na we bose bakiriwe ku biro by’ Akarere bakorana inama n’ ibyiciro bitandukanye by’ abayobozi.
Muri iyi nama, habayeho kwerekana amahirwe y’ ishoramari agaragara mu Karere n’ uburyo yabyazwa umusaruro.
Aya mahirwe ahanini ashingiye ku miterere karemano y’ Akarere ka Nyamasheke: kuba gakora ku Kiyaga cya Kivu ku ruhande rumwe kandi ku nkengero zacyo hakaba ahakigaragara ubutaka bwinshi butarabyazwa umusaruro no kuba ku rundi ruhande gakora kuri Pariki y’ Igihugu ya Nyungwe nabyo bituma impande zose ziryoheye ishoramari
Usibye ibi byiza karemano , hiyongeraho umuhanda wa kaburimbo ugahuza n’ ibindi bice by’ igihugu na wo bigaragara ko utarabyazwa umusaruro wose witezweho.
3. Gushyikiriza imiryango 22 itishoboye inka muri hgahunda ya Girinka.
Iki ni cyo cyari igikorwa nyamukuru kuko ari inka 22 zagenewe abatishoboye bu mu Murenge wa Kanjongo kugira ngo zibafashe kwikura mu bukene zunganira gahunda ya Girinka yatangijwe n’ Umukuru w’ Igihugu
Izi nka zatanzwe na Leta ya Isiraheri binajyanye n’ imibanire myiza ibihugu byombi bifitanye.
Abagenerwabikorwa bishimiye cyane izi nka banashima Umukuru w’ Igihugu udahwema kubashakira ibibateza imbere.
Amasaderi yatangaje ko yishimye kandi ko yizeye ko inka zitanzwe zizatanga umusaruro mu buryo bwose harimo amata , ifumbire n’ ibindi.
4. Gusura uruganda rw’ icyayi rwa Gatare.
Kimwe mu byinjiriza agatubutse abaturage b’ Akarere ka Nyamasheke harimo ubuhinzi bw’ icyayi ariko kandi bukwiye gukomeza gushyirwamo imbaraga kugira ngo bukomezer gutanga umusaruro.
Uruganda rw’ iyayi rwa Gatare ruherereye mu Murenge wa Karambi ni rumwe mu nganda nshya zubatswe vuba rujyanye n’ icyerekezo turimo kdi bigaragara ko koko rwagobotse abahinzi b’ icyayi bo muri iki gice.
Amabasaderi yaretswe ubuhinzi bw’ icyayi n’ buryo gitanga umusaruro anatambagizwa uruganda areba imikorere yarwo .
Muri iki gice ambasaderi yijeje ubufatanye mu kuzamura umusaruro w’ icyayi cyane cyane mu bijyanye no guhanga n’ izuba ryinshi rituma umusaruro ugabanuka.

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…