BAHEREREKANYIJE UBUBASHA

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 13 Ukuboza 2016 mu cyumba cy’Inama cy’Akarere ka Nyamasheke habereye umuhango w’Ihererekanyabubasha hagati y’Uwahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyamasheke Bwana Pierre Célestin HABIYAREMYE Uherutse kugirwa  Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburengerazuba n’Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Imirimo Rusange usigaye muri uyu mwanya. Ubwo yafataga ijambo ry’Ihererekanyabubasha, Uwahoze ari Umunyambanga Nshngwabikorwa w’Akarere Bwana HABIYAREMYE Pierre Célestin yashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika wamugiriye icyizere akamuha kuba Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara yashimiye kandi abakozi bose uburyo bafatanyije mu gihe cyose cy’Imyaka itatu yari amaze kuri uyu mwaya. Yakomeje yerekana aho yari agejeje inshingano ze , asaba bose bireba gukomerezaho ndetse anerekana ahakwiye kongerwa icyibatsi kugira ngo Akarere kazese imihigo. Yijeje kandi Abakozi b’Akarere ubufatanye Mu ijambo ry’Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Imirimo Rusange  Bwana NIYIBIZI NTABYERA Hubert wasigaranye Inshingano yashimiye byimazeyo uburyo mu gihe gito amaze yigiye byinshi ku Munyamabanga Nshingwabikorwa kandi amwizeza ko Akarere kazakomeza kujya imbere banabikesha ndetse amasomo menshi bamwigiyeho. Umuyobobozi w’Akarere ka Nyamasheke Bwana KAMALI Aimé Fabien wayoboye uyu muhango, yashimiye imikorere Myiza n’umurava byaranze Bwana HABIYAREMYE Pirre Célestin binamuviriyemo kuzamurwa mu ntera, amusaba kuzakomeza kubagira inama kandi amwifuriza ishya n’ihirwe mu mirimo mishya ahamagariwe. Uyu HABIYAREMYE Pierre Célestin yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburengerazuba mu nama y’Abaminisitiri yo ku wa 09 Ukuboza 2016 yari amaze imyaka igera kuri itatu ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyamasheke. Uyu muhango witabiriwe n’Abakozi bose bakorere ku Karere, Abanayamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge hamwe n’inzego z’umutekano   TUYIZERE Jacques Public Relations, Media and Communication Officer

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->