BAHEREREKANYIJE UBUBASHA
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 13 Ukuboza 2016 mu cyumba cy’Inama cy’Akarere ka Nyamasheke habereye umuhango w’Ihererekanyabubasha hagati y’Uwahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyamasheke Bwana Pierre Célestin HABIYAREMYE Uherutse kugirwa Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburengerazuba n’Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Imirimo Rusange usigaye muri uyu mwanya.
Ubwo yafataga ijambo ry’Ihererekanyabubasha, Uwahoze ari Umunyambanga Nshngwabikorwa w’Akarere Bwana HABIYAREMYE Pierre Célestin yashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika wamugiriye icyizere akamuha kuba Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara yashimiye kandi abakozi bose uburyo bafatanyije mu gihe cyose cy’Imyaka itatu yari amaze kuri uyu mwaya.
Yakomeje yerekana aho yari agejeje inshingano ze , asaba bose bireba gukomerezaho ndetse anerekana ahakwiye kongerwa icyibatsi kugira ngo Akarere kazese imihigo. Yijeje kandi Abakozi b’Akarere ubufatanye
Mu ijambo ry’Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Imirimo Rusange Bwana NIYIBIZI NTABYERA Hubert wasigaranye Inshingano yashimiye byimazeyo uburyo mu gihe gito amaze yigiye byinshi ku Munyamabanga Nshingwabikorwa kandi amwizeza ko Akarere kazakomeza kujya imbere banabikesha ndetse amasomo menshi bamwigiyeho.
Umuyobobozi w’Akarere ka Nyamasheke Bwana KAMALI Aimé Fabien wayoboye uyu muhango, yashimiye imikorere Myiza n’umurava byaranze Bwana HABIYAREMYE Pirre Célestin binamuviriyemo kuzamurwa mu ntera, amusaba kuzakomeza kubagira inama kandi amwifuriza ishya n’ihirwe mu mirimo mishya ahamagariwe.
Uyu HABIYAREMYE Pierre Célestin yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburengerazuba mu nama y’Abaminisitiri yo ku wa 09 Ukuboza 2016 yari amaze imyaka igera kuri itatu ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyamasheke.
Uyu muhango witabiriwe n’Abakozi bose bakorere ku Karere, Abanayamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge hamwe n’inzego z’umutekano
TUYIZERE Jacques
Public Relations, Media and Communication Officer