Bimwe mu bikorwa by'ubuhinzi bugamije iterambere rirambye mu karere byasuwe

Umuyobozi w'akarere Bwana Mupenzi Narcisse yakiriye itsinda ry'abanyeshuri ba RDF Senior Commandant & Staff College - Nyakinama baje mu karere ka Nyamasheke mu rugendoshuri rwo gusura ibikorwa by'ubuhinzi bugamije iterambere rirambye.

Bakigera ku karere ka Nyamasheke bakiriwe n'umuyobozi w'akarere Bwana Mupenzi Narcisse wabahaye ikaze mu karere ka Nyamasheke. Nyuma y'ikaze bagejejweho ikiganiro kigaragaza isura y'akarere ka Nyamasheke mu buhinzi bugamije iterambere rirambye by'umwihariko.

Nyuma yo kugezwaho ikiganiro aba banyeshuri bari bayobowe na Brigadier General Jean Chrysostome Ngendahimana, na bamwe mu barimu babo basuye umushinga w'ubworozi bw'amafi wa "Kivu Choice" mu kiyaga cya Kivu, basobanurirwa byinshi kuri ubu bworozi bw'amafi kandi bagera ahororerwa amafi mu kiyaga.

Nyuma yo gusura umushinga w'ubworozi bw'amafi bukorwa na "Kivu Choice", hasuwe uruganda rw'icyayi rwa Gisakura basobanurirwa byinshi birimo uko icyayi kiva mu murima n'ubwiza kiba kigomba kugira. Basuye uruganda birebera uko icyayi gitunganywa kuva ku mababi kugera ku cyayi cyamaze gutunganywa.

Urugendo rw'aba banyeshuri rwasorejwe ku ruganda rwa Kawa rwa "Kivubelt Coffee ltd" ruherereye mu murenge wa Gihombo mu kagari ka Jarama. Bakigera ku ruganda rwa kawa bahawe ikaze basobanurirwa ibikorwa by'uruganda, nyuma batemberezwa mu ruganda ari nako bihera ijisho imikorere y'uruganda.


Hatangizwa icyumweru cy'icyunamo n'iminsi 100 yo #Kwibuka32 Meya Mupenzi Narsicce yibukije ko kudasesengura byagejeje u Rwanda kuri Jenoside

Meya Mupenzi Narcisse yashimangiye ko kuba amacakubiri yarazanywe n'abakoloni ariko abanyarwanda barimo abayobozi n'abaturage ntibagire isesengura…
Read more →

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu ntara y'Iburengerazuba

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu marushanwa Umurenge Kagame Cup aho mu myaka 2 yikurikiranya ikomeje kuza ku isonga…
Read more →

Nyamasheke mu rugamba rwo kuba iya mbere mu bwiza bwa Kawa n'ubwinshi bw'umusaruro nyuma yo kuba ku isongo mu kugira ibiti bya kawa byinshi

Akarere ka Nyamasheke kari ku mwanya wa mbere mu gihugu mu turere dufite ibiti bya kawa byinshi. Kuba aka karere gafite umubare w'ibiti bya kawa…
Read more →

Nyamasheke: PSF- Nyamasheke yahawe umukoro wo gushora imari mu bikorwa bisamikiye ku bukerarugendo

PSF-Nyamasheke yashimiwe uruhare ntagereranywa igira mu iterambere ry'Akarere, ihabwa umukoro wo gukora ishoramari rishamikiye ku bukerarugendo mu…
Read more →

Ingengo y’Imari Ivuguruye y’Akarere ka Nyamasheke Yatowe na Njyanama Yiyongereyeho Asaga Miliyari 3

Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…

Read more →

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →
-->