Bwana Mupenzi Gahigana Frank yatorewe kuyobora ihuriro JADF - Jyambere Nyamasheke
Kuri uyu wa 20 Gashyantare 2025 mu karere ka Nyamasheke hateraniye ihuriro ry’abafatanyabikorwa b’akarere bibumbiye JADF -Jyambere Nyamasheke.
Ni ihuriro ryatangijwe n’umuyobozi w'akarere Bwana Mupenzi Narcisse, akaba yatangije inama ashimira abafatanyabikorwa uburyo badahwema gufatanya n’akarere mu bikorwa binyuranye by’iterambere ry’akarere n’umuturage muri rusange.
Yasabye ko habaho kunoza imikoranire hagati y’akarere n’ihuriro, kwimakaza imikoranire ishingiye ku bikorwa by'iterambere bitanga umusaruro no gushyira umuturage imbere muri byose.
Kuri gahunda y’umunsi y’inama hariho kugaragariza abanyamuryango ishusho y’ibikorwa byakozwe n’abafatanyabikorwa, igenamigambi ry’akarere n’uruhare rwabo, kurebera hamwe amategeko agenga ihuriro, kuganira n’umufatanyabikorwa w’akarere mushya ‘BRAC International – UPGI ku buryo ari gutegura afatanyije n’akarere buzafasha Akarere gufasha umuturage kwikura mu bukene byihuse kandi ku buryo burambye no gutora bamwe mu bagize Komite kuko yari ituzuye.
Mu bagmbaga gutorwa kugira ngo buzuze Komite harimo Perezida w’ihuriro aho abatora batoye Bwana Mupenzi Mupenzi Gahigana Frank akaba umuyobozi wa ‘World Vision’ muri Rusizi na Nyamasheke.
Mupenzi yishimiye icyizere yagiriwe asezeranya kuzuza inshingano yahawe n’umurava asaba n’abagize ihuriro kumuba hafi mu bufatanye busanzwe bubaranga kugira ngo azabashe kugera k umusaruro ihuriro rimutezeho.
JADF – Jyambere Nyamasheke ni ihuriro ry’abafatanyabikorwa b’akarere bagizwe ubuyobozi bw’akarere, imiryango nyarwanda itari iya Leta, amadini n’amatorero afite ubuzima gatozi, imiryango mvamahanga, ibigo bya leta bikorera mu karere n’ibigo by’abikorera bikorera mu karere.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…