Bwana Mupenzi Gahigana Frank yatorewe kuyobora ihuriro JADF - Jyambere Nyamasheke

Kuri uyu wa 20 Gashyantare 2025 mu karere ka Nyamasheke hateraniye ihuriro ry’abafatanyabikorwa b’akarere bibumbiye  JADF -Jyambere Nyamasheke. 
Ni ihuriro ryatangijwe n’umuyobozi w'akarere Bwana Mupenzi Narcisse, akaba yatangije inama ashimira abafatanyabikorwa uburyo badahwema gufatanya n’akarere mu bikorwa binyuranye by’iterambere ry’akarere n’umuturage muri rusange. 


Yasabye ko habaho kunoza imikoranire hagati y’akarere n’ihuriro, kwimakaza  imikoranire ishingiye ku bikorwa by'iterambere bitanga umusaruro no gushyira umuturage imbere muri byose.


Kuri gahunda y’umunsi y’inama hariho kugaragariza abanyamuryango ishusho y’ibikorwa byakozwe n’abafatanyabikorwa, igenamigambi ry’akarere n’uruhare rwabo, kurebera hamwe amategeko agenga ihuriro, kuganira n’umufatanyabikorwa w’akarere mushya ‘BRAC International – UPGI ku buryo ari gutegura afatanyije n’akarere buzafasha Akarere gufasha umuturage kwikura mu bukene byihuse kandi ku buryo burambye no gutora bamwe mu bagize Komite kuko yari ituzuye. 
Mu bagmbaga gutorwa kugira ngo buzuze Komite harimo Perezida w’ihuriro aho abatora batoye Bwana Mupenzi Mupenzi Gahigana Frank akaba umuyobozi wa ‘World Vision’ muri Rusizi na Nyamasheke. 


Mupenzi yishimiye icyizere yagiriwe asezeranya kuzuza inshingano yahawe n’umurava asaba n’abagize ihuriro kumuba hafi mu bufatanye busanzwe bubaranga kugira ngo azabashe kugera k umusaruro ihuriro rimutezeho. 


JADF – Jyambere Nyamasheke ni ihuriro ry’abafatanyabikorwa b’akarere bagizwe ubuyobozi bw’akarere, imiryango nyarwanda itari iya Leta, amadini n’amatorero afite ubuzima gatozi, imiryango mvamahanga, ibigo bya leta bikorera mu karere n’ibigo by’abikorera bikorera mu karere. 
 


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->