Byitezwe ko ishyirwa mu bikorwa ry'umushinga HIR-RDDP2 rizagira uruhare mu izamuka ry'umusaruro w'amata mu karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 05 Kanama 2025 ubwo Umuyobozi wungirije ushinzwe itarambere ry'ubukungu Bwana Muhayeyezu Joseph Desiré yafunguraga ku mugaragaro inama nyunguranabitekerezo ku ishyirwa mu bikorwa ry'umushinga HIR-RDDP2 yashimiye umufatanyabikorwa HEIFER kuba yarahisemo ko uyu mushinga wagezwa mu karere ka Nyamasheke nk'akarere kari mu tudafite umusaruro w'amata udahagije. 

Yasabye abaganga b'amatungo ba leta n'abigenga bazakorana n'uyu mushinga mu gufasha abaturage bazahabwa inka, kuzabikora neza uko bigenwa, birinda gukora ibinyuranyije n'amabwiriza agenga ishyirwa mu bikorwa ry'umushinga, kugira ngo umusaruro w'amata witezwe uzagerweho kandi n'abaturage bahawe inka biteze imbere. 

Umushinga HIR-RDDP2 ni umushinga wa Minisiteri y'ubuhinzi n'ubworozi n'ikigo cy'igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n'ubworozi (RAB), ukaba uterwa inkunga n'umushinga “HEIFER”. Ni umushinga uri gukorwa mu gice cyawo cya kabiri, aho ukorera mu turere 27 na Nyamasheke ibariwemo. 

Ishyirwa mu bikorwa ry'uyu mushinga rishingiye ku itangwa ry'inka 30 muri buri murenge, abahawe inka bakibumbira mu matsinda yo kwiteza imbere kandi bagahabwa amahugurwa abafasha kwita ku nka bahawe. Muri buri murenge kandi hateganyijwe umuganga w'amatungo uzafasha abaturage mu gukurikirana no gufata neza izo nka, akazahabwa ibikoresho by'ingenzi bimufasha gusohoza inshingano uko bisabwa. 

Mu karere ka Nyamsheke, umushinga HIR-RDDP2 uzakorera mu mirenge ya Nyabitekeri, Bushenge, Ruharambuga, Bushekeri na Shangi. Mu nama nyunguranabitekerezo ku ishyirwamubikorwa ry'umushinga, hari hatumiwe abanyamabanga nshingwabikorwa b'imirenge yatoranyijwe n'abanyamabanga nshingwabikorwa b'utugari tw'iyo mirenge, abaganga b'amatungo batoranyijwe muri buri murenge, abahagarariye amatsinda y'abazahabwa inka, abahagarariye umushinga HEIFER na Minisiteri y'ubuhinzi n'ubworozi. 


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->