Depite Karemera Emmanuel yavuze ko yubile ikwiye kuba umwanya mwiza wo kurebana ubushishozi ibitaragenze neza mu mateka bigakosorwa
Muri Yubile y'impurirane y'imyaka 2025 inkuru nziza igeze ku isi n'imyaka 125 ivanjiri igeze mu Rwanda yizihirijwe muri Paruwasi Gatolika ya Shangi Diyosezi ya Cyangugu mu karere ka Nyamasheke kuri uyu wa 14 Kamena 2025, Depite Karemera Emmanuel wari umushyitsi mukuru muri ibi birori yashimye ubufatanye burangwa hagati ya Leta y'u Rwanda na Kiliziya Gatolika, asaba ko Yubile iba igihe cyiza cyo kurebana ubushishozi ibitaragenze neza mu mateka bigakosorwa.
Yabigarutseho agira ati: " Turashima ubufatanye mu rwego rw'ubukungu no kuzamura abatishoboye, binyuze mu miryango ifasha nka Caritas Rwanda, banki ya RIM n'ibindi bikorwa byiza bigamije gutuma abanyarwanda biyubaka kandi bigira. Kuba rero ibi byose byarakunze, byatewe n'ubufatanye busesuye hagati y'ubuyobozi bw'igihugu n'ubuyobozi bwa Kiliziya butaretsa.
Muri iyi myaka 125 Kiliziya Gatorika yagiranye urugendo n'abanyarwanda mu mateka y'igihugu cyacu, mbere na nyuma ya Jenoside yakorerwe abatutsi mu 1994. Ni umwanya wo gushima umusanzu wa Kiliziya mu gufatabya na Leta y'ubumwe bw'abanyarwanda irangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida wa repubulika Paul Kagame, mu kongera kubaka u Rwanda kunga no kubanisha abanyarwanda mu bintu bitari byoroshye.
Ariko kandi mu gihe nk'iki cya Yubile ni umwanya wiza wo kongera kurebana ubushishozi ibitaragenze neza muri aya mateka mabi yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi tugafata ingamba zose zo kubikosora burundu kugira ngo turusheho kunga ubumwe no kubaka ubunyarwanda twifuza.
Turashima gahunda z'ubumwe n'ubudaheranwa ziri hirya no hino mu madiyosezi mu Rwanda. Dukomeze dufatanye gukumira abakomeje guhembera amacakubiri n'ingengabitekerezo ya Jenoside haba hano ndetse n'ahandi hose igaragarira."
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…