Depite Karemera Emmanuel yavuze ko yubile ikwiye kuba umwanya mwiza wo kurebana ubushishozi ibitaragenze neza mu mateka bigakosorwa

Muri Yubile y'impurirane y'imyaka 2025 inkuru nziza igeze ku isi n'imyaka 125 ivanjiri igeze mu Rwanda yizihirijwe muri Paruwasi Gatolika ya Shangi Diyosezi ya Cyangugu mu karere ka Nyamasheke kuri uyu wa 14 Kamena 2025, Depite Karemera Emmanuel wari umushyitsi mukuru muri ibi birori yashimye ubufatanye burangwa hagati ya Leta y'u Rwanda na Kiliziya Gatolika, asaba ko Yubile iba igihe cyiza cyo kurebana ubushishozi ibitaragenze neza mu mateka bigakosorwa. 

Yabigarutseho agira ati: " Turashima ubufatanye mu rwego rw'ubukungu no kuzamura abatishoboye, binyuze mu miryango ifasha nka Caritas Rwanda, banki ya RIM n'ibindi bikorwa byiza bigamije gutuma abanyarwanda biyubaka kandi bigira. Kuba rero ibi byose byarakunze, byatewe n'ubufatanye busesuye hagati y'ubuyobozi bw'igihugu n'ubuyobozi bwa Kiliziya butaretsa. 

Muri iyi myaka 125 Kiliziya Gatorika yagiranye urugendo n'abanyarwanda mu mateka y'igihugu cyacu, mbere na nyuma ya Jenoside yakorerwe abatutsi mu 1994. Ni umwanya wo gushima umusanzu wa Kiliziya mu gufatabya na Leta y'ubumwe bw'abanyarwanda irangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida wa repubulika Paul Kagame, mu kongera kubaka u Rwanda kunga no kubanisha abanyarwanda mu bintu bitari byoroshye. 

Ariko kandi mu gihe nk'iki cya Yubile ni umwanya wiza wo kongera kurebana ubushishozi ibitaragenze neza muri aya mateka mabi yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi tugafata ingamba zose zo kubikosora burundu kugira ngo turusheho kunga ubumwe no kubaka ubunyarwanda twifuza. 

Turashima gahunda z'ubumwe n'ubudaheranwa ziri hirya no hino mu madiyosezi mu Rwanda. Dukomeze dufatanye gukumira abakomeje guhembera amacakubiri n'ingengabitekerezo ya Jenoside haba hano ndetse n'ahandi hose igaragarira."


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->