GIHOMBO : Hibutswe abazize jenoside bo mu cyahoze ari komini Rwamatamu

Hirya no hino mu Rwanda guhera ku itariki Ya 07 Mata abantu baba bibuka abazize jenoside yakorewe abatutsi mu gihe cy’Iminsi 100 kigera ku wa 04 Nyakanaga umunsi Abanyarwanda bizihirizaho Ibohorwa ry’Igihugu gikuwe mu kangaratete ka Jenoside. Kuri uyu wa 08 Gicurasi 2016 ,Icyahoze ari komini Rwamatamu y’icyahoze ari perefegitura ya Kibuye kuri ubu igize imirenge itatu (Mahembe, Gihombo na Kilimbi) yo mu Karere ka Nyamasheke bibutse ababo bazize jenoside yakorewe abatutsi bishwe urw’agashinyaguro umuhango wanitabiriwe n’Umuyobozi w’Intara y’Uburengerazuba Madame Mukandasira Cartas n’Intumwa ya Rubanda mu Nteko ishinga amategeko bwana KARENZI Théoneste hamwe n’izindi nshuti n’abavandimwe b’abaturage ba Rwamatamu. Mu ijambo ry’ikaze, Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke Bwana KAMALI Aimé Fabien yashimiye abantu mu nzego zose uburyo baje kubafata mu mugongo. Yasabye Abaturage ba Nyamasheke n’Abanyarwanda muri rusange gukomeza kurangwa n’urukundo aho kwimika urwango mu mitima ari na rwo rwadushoye mu mahano ya jenoside. Mu buhamya bwatanzwe na Bwana HAKIZIMANA Théoneste yahamije ko jenoside itatewe n’ihanuka ry’indenge y’uwahoze ari umukuru w’Igihugu kuko na mbere ya 1994 hagaragaye ibimenyetso by’Urugomo byakorerwaga abatutsi. Ibi kandi byanashimangiwe n’Uhagarariye abarokotse jenoside banayiburiramo ababo bo mu cyahoze ari komini Rwamatamu Bwana MBERABAHIZI Raymond Chretien wavuze ko impamvu muri komini Rwamatamu hapfuye abatutsi benshi byanatijwe umurindi n’amabarura yakozwe mu 1991 ryagaragaje ko muri komini Rwamatamu na Gishyita bari umubare munini bigatuma abayikoze bahashyira imbaraga nyinshi ndetse ikaba yaranageragejwe mbere ya 1994 kuko n’ igihe Habyarimana yaraye apfuye mu gitondo saa kumi n’ebyiri bari bafunze inzira z’Amazi ngo hatagira uwambuka ajya muri Zayire kugeza n’ubwo baje kwasa amato ngo bazakora andi bamaze kurangizaho abatutsi. MBERABAHIZI we ahamya ko nta mutusti n’umwe wigeze arokokera ku butaka bwa Rwamatamu kereka wenda uwahungiye ahandi. Akomeza avuga ko jenoside hari ibibazo yakemuye aho yibaza uko byari kugenda iyo itaba ku mugaragaro kuko abantu barikuzashira ruhongohongo hakabura n’uwo kubibuka n’uwo kubara inkuru. Anashima kandi Ingabo zabashije guhagarika Jenoside zigaha igihugu umudendezo. Yanashimye abagize uruhare mu kuranga aho imibiri yashyinguwe igera ku 1233 ariko anasaba ko byakomeza bose bagahabwa icyubahiro bakwiye wenda tukajya twibuka gusa tudashyingura. Umuyobozi w’Ingabo mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke Lieut.Col MUVUNYI Said yashimiye abarokotse jenoside kuko bakigaragarije ubutwari Igihugu. Yasabye abaturage kwamaganira kure ingengabitekerezo ya jenoside kuko nta muntu n’umwe wayungukiyemo. Hon KARENZI we yashimiye abarokotse jenoside ku mbabazi bahaye abayibakoreye kuko ari umuganda ukomeye mu kubaka igihugu anaboneraho kugaya abateguye bakanakora jenoside, ababashyigikiye bakinabashygikiye kugeza ubu. Umuyobobozi w’Intara y’Uburengerazuba wari n’Umushyitsi mukuru kuri uyu munsi  yavuze ko n’ubwo amateka ya jenoside ataryoshye mu matwi nta kundi byagenda tuzayavuga kuko ari ayacu. Yakomeje asaba Abaturage kurwanya bivuye inyuma ingengabiteerezo ya jenoside anasaba abari aho kuba intumwa kuri bagenzi babo batabonetse maze ubutaha bakazaboneka ari benshi ni bwo buryo bwo kurwanya ikibi. Yasabye urubyiruko n’abana bari benshi kuri uyu munsi kwitandukanaya n’ikibi bagaharanira ko bakubaka Igihugu cyiza kibereye Abanyarwanda. Uyu munsi hashyinguwe imibiri 1233 y’abazize jenoside baruhukira mu rwibutso rwa Gihombo aho basanze bagenzi babo zasaga 48000 baribaharuhukiye.   TUYIZERE Jacques PRMCO Nyamasheke

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->