Guhinduka birashoboka: Minisitiri Jean Damascene yasoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa yagenewe abagororwa bitegura gusoza ibihano
Kuri uyu wa 24 Nzeri 2025, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yasoje icyiciro cya 4 cy'amahugurwa yateguriwe abagororwa bahamwe n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi bari hafi gusoza ibihano byabo mu Igororero rya Nyamasheke.
Aya mahugurwa yabereye abagororwa amahirwe mashya yo gusobanukirwa neza ihame ry’ubumwe n’ubudaheranwa, no kwiyubaka nk’abantu bazagirira akamaro imiryango yabo n’igihugu muri rusange. Abahuguwe basabwe kurangwa n’ubunyangamugayo, gufatanya n’abandi mu iterambere, no kuba abavugizi b’amahoro n’ubumwe aho bazaba bari hose nyuma yo gusubira mu muryango nyarwanda.
Minisitiri Dr Bizimana yashimangiye ko kuba igihugu gishyira imbaraga mu kwigisha abagororwa indangagaciro zo kubana mu mahoro ari icyerekana ko buri wese afite amahirwe yo guhinduka no gutanga umusanzu we mu kubaka u Rwanda rwiza ruzira amacakubiri n'ingengabitekerezo ya Jenoside.
Iki gikorwa cyanitabiriwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Iterambere ry’Imibereho Myiza, Madamu Mukankusi Athanasie, hamwe n’inzego z’umutekano n’ingabo.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…