Gukoresha Ubutaka icyo bwagenewe ni umusanzu mu iterambere.

aland1 Abaturage bujuje ibisabwa bahabwa impapuro buzuza, bagahabwa ibyangombwa “Gukoresha ubutaka icyo bwagenewe ni ugutanga umusanzu mu iterambere”. Aya ni amwe mu magambo yagarutsweho kuri uyu wa 12 Kamena 2017 mu Murenge wa Gihombo ubwo hatangizwaga ibikorwa byahariwe icyumweru cy’ubutaka. Ubwo yatangizaga iki cyumweru, Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke Wungirije Ushinzwe Imari n’Iterambere ry’Ubukungu Ntaganira Josoué Michel yashimiye abateguye iki gikorwa avuga ko kije gusubiza byinshi mu bibazo bifitanye isano n’ubutaka dore ko amakimbirane menshi ahera ku mikoreshereze mibi y’ubutaka. Yahamagariye abafite ibibazo bifitanye isano n’ubutaka kwitabira iyi gahunda kugira ngo icyumweru kizarangire basubijwe. Umubitsi w’Impapuro Mpamo mu Ntara y’Iburengerazuba Munyangaju Jean Damascène yagarutse ku kamaro ko gutunga ibyangombwa by’ubutaka no gukoresha neza icyo ubutaka bwagenewe, avuga ko gutunga ubutaka udafitiye ibyangombwa bisa n’aho ntabwo ufite. Yagize ati “Gutunga icyangombwa cy’ ubutaka, ni ugutunga amafagaranga ariko kugira ubutaka butakwanditseho ni nko kutabugira.” Yakomeje avuga ko kandi gukoresha ubutaka icyo bwagenewe gukora bitanga umutekano kuri nyirabwo bikanorohereza ishyirwa mu bikorwa rya gahunda za Leta. Yagize ati “Ushobora kubaka ishuri aho wishakiye nyamara wareba neza ugasanga hari umuhanda wa gariyamoshi, ukaba usenyewe ku maherere”.  Muri iyi minsi itanu y’Ibikorwa byahariwe icyumweru cy’ubutaka, hazatangwa serivisi zitandukanye zifitanye isano n’ubutaka maze abazaba bujuje ibisabwa bahite bahabwa ibyangombwa byabo batagombye gutegereza igihe kirekire nk’uko bisanzwe bikorwa kuko abakozi babishinzwe bamara icyumweru cyose mu Karere. ALAND2 Umubitsi w’Impapuro Mpamo mu Ntara y’Iburengerazuba Munyangaju Jean Damascène

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->