Guverineri Mushya w’Intara y’Iburengerazuba yatangiriye ingendo ze mu karere ka Nyamasheke
Nyuma y’Umunsi umwe gusa atangiye imirimo ye mu Ntara y’Iburengerazuba, Umuyobozi mushya w’iyi ntara Bwana MUNYANTWARI Alphonse yatangiriye ingendo ze mu karere ka Nyamasheke.
Hari muri gahunda isanzwe yo kwakira no gukemura ibibazo by’Abaturage ya buri wa gatatu w’icyumweru nk’uko biri muri gahunda za Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ko abayobozi bagomba kujya basanga abaturage mu tugari no mu mirenge maze bakabatega amatwi bakanabasubiza bimwe mu bibazo bababafite.
Ubwo Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke Bwana KAMALI Aimé Fabien yakiraga Umuyobozi w’Intara, mu izina ry’Indongozi yamushimiye ko ku ikubitiro yagendereye Akarere ka Nyamasheke akanabafasha kumva no gukemura ibibazo.
Mu ijambo rye ubwo yaramutsaga Abaturage bo mu Murenge Wa Gihombo Akagari ka Kibingo, Guverineri W’Intara y’Iburengerazuba yavuze ko ashimishijwe no kugera mu karere ka Nyamasheke ku ikubitiro. Yabibukije ko umunsi wa gatatu w’Icyumweru wahariwe kumva ibibazo by’abaturage bitarenze ku rwego rw’umurenge. Yashimiye abaturage ko uwo muco wo guhura bawugize uwabo ariko abibutsa ko badakwiye kurindira guhura ku wa gatatu ahubwo n’ikindi gihe bahura bakaganira bagakemurirana ibibazo nk’Abenegihugu mu buryo bubanogeye. Yakomeje yibutsa ko bakwiye gukemura ibibazo bikarangira maze abantu bakazagera ku rwego bicara hamwe batagiye gukemura ibibazo ahubwo bakicara baganira ku Majyambere. Yongeye kandi kwiutsa abayobozi ko ari inshingano zao kumva no gutega amatwi abaturage ndetse bakanabakemurira ibibazo batabanje gusiragira mu nzego zo hejuru
Uyu munsi kandi wanitabiriwe n’abandi bakozi b’Akarere, Ubuyobozi bw’Ingabo na Polisi n’abadni bafatanyabikorwa batandukanye mu rwego rwo kwegera abaturage.
TUYIZERE Jacques
PRMCO/NYAMASHEKE
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…