Guverineri Mushya w’Intara y’Iburengerazuba yatangiriye ingendo ze mu karere ka Nyamasheke

Nyuma y’Umunsi umwe gusa atangiye imirimo ye mu Ntara y’Iburengerazuba, Umuyobozi mushya w’iyi ntara Bwana MUNYANTWARI Alphonse yatangiriye ingendo ze mu karere ka Nyamasheke.

Hari muri gahunda isanzwe yo kwakira no gukemura ibibazo by’Abaturage ya buri wa gatatu w’icyumweru nk’uko biri muri gahunda za Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ko abayobozi bagomba kujya basanga abaturage mu tugari no mu mirenge maze bakabatega amatwi bakanabasubiza bimwe mu bibazo bababafite.

Ubwo Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke Bwana KAMALI Aimé Fabien yakiraga Umuyobozi w’Intara, mu izina ry’Indongozi yamushimiye ko ku ikubitiro yagendereye Akarere ka Nyamasheke akanabafasha kumva no gukemura ibibazo.

Mu ijambo rye ubwo yaramutsaga Abaturage bo mu Murenge Wa Gihombo Akagari ka Kibingo, Guverineri W’Intara y’Iburengerazuba yavuze ko ashimishijwe no kugera mu karere ka Nyamasheke ku ikubitiro. Yabibukije ko umunsi wa gatatu w’Icyumweru wahariwe kumva ibibazo by’abaturage bitarenze ku rwego rw’umurenge. Yashimiye abaturage ko uwo muco wo guhura bawugize uwabo ariko abibutsa ko badakwiye kurindira guhura ku wa gatatu ahubwo n’ikindi gihe bahura bakaganira bagakemurirana ibibazo nk’Abenegihugu mu buryo bubanogeye. Yakomeje yibutsa ko bakwiye gukemura ibibazo bikarangira maze abantu bakazagera ku rwego bicara hamwe batagiye gukemura ibibazo ahubwo bakicara baganira ku Majyambere. Yongeye kandi kwiutsa abayobozi ko ari inshingano zao kumva no gutega amatwi abaturage ndetse bakanabakemurira ibibazo batabanje gusiragira mu nzego zo hejuru

Uyu munsi kandi wanitabiriwe n’abandi bakozi b’Akarere, Ubuyobozi bw’Ingabo na Polisi n’abadni bafatanyabikorwa batandukanye mu rwego rwo kwegera abaturage.

 

TUYIZERE Jacques

PRMCO/NYAMASHEKE


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->