Guverineri w' Intara y' Iburengerazuba yagendereye Nyamasheke

Guverineri w' Intara y' Iburengerazuba Hon Lambert Dushimimana n' itsinda ayoboye ririmo Abagize Inama y' Umutekano Itaguye y' Intara n' abakozi b' Intara bagendereye Akarere ka Nyamasheke baganira  n' Abakozi b' Akarere hibandwa cyane ku gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y'Abaturage (HSI).

Ubuyobozi bw' Akarere bwagaragarije aba bashyitsi ishusho rusange y' Akarere dore ko yaba Guverineri na bamwe mu bagize Inama y' Umutekano itaguye y' Intara ari bashya muri iyi Ntara.

nyuma y' ishusho rusange Akarere kanagaragaje aho kageze gakemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y' umuturage baganira ku ngamba zo kubirandura kugira ngo umuturage abeho nta bimubangamiye nk' uko biri mu cyerekezo cy' Igihugu.

Nyuma y' ibiganiro itsinda rimwe rigizwe n' Abatekinisiye ryakoreye mu Murenge wa Macuba basuzuma ishyirwa mu bikorwa rya Gahunda yo gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y'Abaturage (HSI) muri uyu Murenge banasura bamwe mu bagenerwabikorwa, irindi tsinda ry' Inama y' Umutekano Itaguye y' Intara risura Ibitaro bya Kibogora baganira n' abakozi mu rwego rwo kureba imikorere yabyo na zimwe mu mbogamizi bafite zikeneye ubuvugizi.


Hatangizwa icyumweru cy'icyunamo n'iminsi 100 yo #Kwibuka32 Meya Mupenzi Narsicce yibukije ko kudasesengura byagejeje u Rwanda kuri Jenoside

Meya Mupenzi Narcisse yashimangiye ko kuba amacakubiri yarazanywe n'abakoloni ariko abanyarwanda barimo abayobozi n'abaturage ntibagire isesengura…
Read more →

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu ntara y'Iburengerazuba

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu marushanwa Umurenge Kagame Cup aho mu myaka 2 yikurikiranya ikomeje kuza ku isonga…
Read more →

Nyamasheke mu rugamba rwo kuba iya mbere mu bwiza bwa Kawa n'ubwinshi bw'umusaruro nyuma yo kuba ku isongo mu kugira ibiti bya kawa byinshi

Akarere ka Nyamasheke kari ku mwanya wa mbere mu gihugu mu turere dufite ibiti bya kawa byinshi. Kuba aka karere gafite umubare w'ibiti bya kawa…
Read more →

Nyamasheke: PSF- Nyamasheke yahawe umukoro wo gushora imari mu bikorwa bisamikiye ku bukerarugendo

PSF-Nyamasheke yashimiwe uruhare ntagereranywa igira mu iterambere ry'Akarere, ihabwa umukoro wo gukora ishoramari rishamikiye ku bukerarugendo mu…
Read more →

Ingengo y’Imari Ivuguruye y’Akarere ka Nyamasheke Yatowe na Njyanama Yiyongereyeho Asaga Miliyari 3

Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…

Read more →

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →
-->