Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yasabye abaturage ba Nyamasheke kwimakaza umutekano, isuku n’imibereho myiza

Ifoto ya Guverineri Ntibitura Jean Bosco aganira n'abaturage mu nteko y'abaturage mu murenge wa Kirimbi akagari ka Muhororo

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Bwana Ntibitura Jean Bosco, yaganiriye n’abaturage b’Akarere ka Nyamasheke mu nteko  y’abaturage yabereye mu murenge wa Kirimbi akagari ka Muhororo kuri uyu wa 06 Mutarama 2026, abagezaho ubutumwa bwibanze ku mutekano, isuku n’isukura, umuryango ushoboye kandi utekanye, kwitabira gahunda yo kwizigira ya Ejo Heza n'izindi gahunda za Leta.  

Yibukije abaturage ko amakimbirane yo mu miryango akwiye gukemurwa neza, ashimangira ko kwihaza mu biribwa bishingiye ku murimo ari isoko y'umutekano n’ituze mu baturage. Yasabye buri wese kugira uruhare mu bikorwa bya Leta birimo inteko z’abaturage, umuganda rusange na gahunda ya Ejo Heza, asobanura ko Ejo Heza ari gahunda igenewe buri munyarwanda wese, atari abakozi ba Leta cyangwa abacuruzi gusa, ahubwo isaba kwigomwa duke bakazigamira ejo hazaza.

Guverineri yanagarutse ku kamaro k’isuku n’isukura, agaragaza ko isuku ihera mu bitekerezo by’umuntu ikagaragarira ku mubiri no mu mibereho rusange, anibutsa ko Abanyarwanda bazwiho umuco w’isuku.

Yasabye kandi abaturage kurwanya ihohotera iryo ari ryo ryose, bakarimenyesha inzego zibishinzwe, no kwamagana abasenya ibikorwa remezo bya Leta birimo amashanyarazi n'umuhanda.

Yashoje asaba abaturage kuba ijisho rya bagenzi babo mu bikorwa byiza, bagaharanira iterambere n’imibereho myiza y’abo babana, aho kuba abafatanyabikorwa mu bikorwa bibi.

Guverineri yakiriye ibibazo by'abaturage byiganjemo iby'imitungo itimukanwa, amakimbirane mu miryango, ibikorwa remezo nk'imihanda n'amashanyarazi, afatanya n'ubuyobozi bw'Akarere kubiha umurongo n'ibisubizo.


Hatangizwa icyumweru cy'icyunamo n'iminsi 100 yo #Kwibuka32 Meya Mupenzi Narsicce yibukije ko kudasesengura byagejeje u Rwanda kuri Jenoside

Meya Mupenzi Narcisse yashimangiye ko kuba amacakubiri yarazanywe n'abakoloni ariko abanyarwanda barimo abayobozi n'abaturage ntibagire isesengura…
Read more →

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu ntara y'Iburengerazuba

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu marushanwa Umurenge Kagame Cup aho mu myaka 2 yikurikiranya ikomeje kuza ku isonga…
Read more →

Nyamasheke mu rugamba rwo kuba iya mbere mu bwiza bwa Kawa n'ubwinshi bw'umusaruro nyuma yo kuba ku isongo mu kugira ibiti bya kawa byinshi

Akarere ka Nyamasheke kari ku mwanya wa mbere mu gihugu mu turere dufite ibiti bya kawa byinshi. Kuba aka karere gafite umubare w'ibiti bya kawa…
Read more →

Nyamasheke: PSF- Nyamasheke yahawe umukoro wo gushora imari mu bikorwa bisamikiye ku bukerarugendo

PSF-Nyamasheke yashimiwe uruhare ntagereranywa igira mu iterambere ry'Akarere, ihabwa umukoro wo gukora ishoramari rishamikiye ku bukerarugendo mu…
Read more →

Ingengo y’Imari Ivuguruye y’Akarere ka Nyamasheke Yatowe na Njyanama Yiyongereyeho Asaga Miliyari 3

Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…

Read more →

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →
-->