Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yasabye abaturage ba Nyamasheke kwimakaza umutekano, isuku n’imibereho myiza

Ifoto ya Guverineri Ntibitura Jean Bosco aganira n'abaturage mu nteko y'abaturage mu murenge wa Kirimbi akagari ka Muhororo

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Bwana Ntibitura Jean Bosco, yaganiriye n’abaturage b’Akarere ka Nyamasheke mu nteko  y’abaturage yabereye mu murenge wa Kirimbi akagari ka Muhororo kuri uyu wa 06 Mutarama 2026, abagezaho ubutumwa bwibanze ku mutekano, isuku n’isukura, umuryango ushoboye kandi utekanye, kwitabira gahunda yo kwizigira ya Ejo Heza n'izindi gahunda za Leta.  

Yibukije abaturage ko amakimbirane yo mu miryango akwiye gukemurwa neza, ashimangira ko kwihaza mu biribwa bishingiye ku murimo ari isoko y'umutekano n’ituze mu baturage. Yasabye buri wese kugira uruhare mu bikorwa bya Leta birimo inteko z’abaturage, umuganda rusange na gahunda ya Ejo Heza, asobanura ko Ejo Heza ari gahunda igenewe buri munyarwanda wese, atari abakozi ba Leta cyangwa abacuruzi gusa, ahubwo isaba kwigomwa duke bakazigamira ejo hazaza.

Guverineri yanagarutse ku kamaro k’isuku n’isukura, agaragaza ko isuku ihera mu bitekerezo by’umuntu ikagaragarira ku mubiri no mu mibereho rusange, anibutsa ko Abanyarwanda bazwiho umuco w’isuku.

Yasabye kandi abaturage kurwanya ihohotera iryo ari ryo ryose, bakarimenyesha inzego zibishinzwe, no kwamagana abasenya ibikorwa remezo bya Leta birimo amashanyarazi n'umuhanda.

Yashoje asaba abaturage kuba ijisho rya bagenzi babo mu bikorwa byiza, bagaharanira iterambere n’imibereho myiza y’abo babana, aho kuba abafatanyabikorwa mu bikorwa bibi.

Guverineri yakiriye ibibazo by'abaturage byiganjemo iby'imitungo itimukanwa, amakimbirane mu miryango, ibikorwa remezo nk'imihanda n'amashanyarazi, afatanya n'ubuyobozi bw'Akarere kubiha umurongo n'ibisubizo.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->