Guverineri w'intara y'Iburengerazuba yasabye abaturage b'akarere ka Nyamashke kuba hafi abarokotse jenoside yakorewe abatutsi

Umuyobozi w'intara y'Iburengerazuba Bwana Ntibitura Jean Bosco yifatanyije n'abaturage b'imirenge ya Nyabitekeri na Shangi kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. 

Iki gikorwa cyo kwibuka 31 cyabereye ku rwibutso rwa jenoside rwa Mukoma ruruhukiyemo imibiri y'inzirakarengane za Jenoside yakorewe abatutsi igera kuri 567. 

Muri aka gace, jenoside yakoranywe ubukana nk'uko byagarutsweho na Jean Claude Mushimiyimana umwe wabashije kurokoka mu bana b'abahungu bagera kuri 80 bishwe n'interahamwe ubwo zari zimaze gushuka ababyeyi babo ko babajyanye kubashakira icyo kurya! 

Mu ijambo rye Guverineri w'intara y'Iburengerazuba Bwana Ntibitura Jean Bosco yashimye ubutwari bw’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi kuko bakomeje gutwaza ntibabe nk’uko umwanzi ashaka. Yabasabye gukomeza icyizere badaheranwa n’ishavu n’agahinda.

Yasabye abaturage b’akarere ka Nyamasheke gukomeza kugira uruhare mu ngamba Leta y’u Rwanda yafashe zo kubaka ubumwe n’ubudaheranwa no kurwanya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo.

Ati: “imiryango yanyu ibe igicumbi abayigize batorezwamo indangagaciro z’ubumwe bw’abanyarwanda. Abazi aho imibiri y’abatutsi bazize jenoside itari yashyingurwa iherereye, mugire ubutwari bwo kuyerekana ishyingurwe mu cyubahiro, muzaba mufashije umuryango nyarwanda.

Ndabasaba kwamagana mushize amanga abakomeje guhembera ingengabitekerezo ya Jenoside, abapfobya n’abahakana jenoside yakorewe abatutsi, uwaba akigaragaraho ivangura iryo ari ryo ryose, abagoreka amateka, baba abari hano mu gihugu no hanze yacyo n’abahohotera abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi. Abo bose tugomba gufatanyiriza hamwe kubamagana.

Ndasaba by’umwihariko urubyiruko kugira uruhare mu kubaka u Rwanda rushya, kumenya amateka mabi yaranze igihugu cyacu, kugira ngo rushobore kubaka ejo hazaza rwitandukanya buri gihe n’ikibi cyose aho cyakomoka hose.

Ndasaba abaturage ba Nyamasheke gukomeza kuba hafi abarokotse jenoside yakorewe abatutsi kuko yabagizeho ingaruka zikomeye. Mukomeze kubahumuriza, kubarinda kwiharira ibi bihe bikomeye banyuzemo, by’umwihariko bahabwe umutekano usesuye.”

“Twibuke Twiyubaka”


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->