Guverineri w'intara y'Iburengerazuba yasabye abaturage b'akarere ka Nyamashke kuba hafi abarokotse jenoside yakorewe abatutsi
Umuyobozi w'intara y'Iburengerazuba Bwana Ntibitura Jean Bosco yifatanyije n'abaturage b'imirenge ya Nyabitekeri na Shangi kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Iki gikorwa cyo kwibuka 31 cyabereye ku rwibutso rwa jenoside rwa Mukoma ruruhukiyemo imibiri y'inzirakarengane za Jenoside yakorewe abatutsi igera kuri 567.
Muri aka gace, jenoside yakoranywe ubukana nk'uko byagarutsweho na Jean Claude Mushimiyimana umwe wabashije kurokoka mu bana b'abahungu bagera kuri 80 bishwe n'interahamwe ubwo zari zimaze gushuka ababyeyi babo ko babajyanye kubashakira icyo kurya!
Mu ijambo rye Guverineri w'intara y'Iburengerazuba Bwana Ntibitura Jean Bosco yashimye ubutwari bw’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi kuko bakomeje gutwaza ntibabe nk’uko umwanzi ashaka. Yabasabye gukomeza icyizere badaheranwa n’ishavu n’agahinda.
Yasabye abaturage b’akarere ka Nyamasheke gukomeza kugira uruhare mu ngamba Leta y’u Rwanda yafashe zo kubaka ubumwe n’ubudaheranwa no kurwanya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo.
Ati: “imiryango yanyu ibe igicumbi abayigize batorezwamo indangagaciro z’ubumwe bw’abanyarwanda. Abazi aho imibiri y’abatutsi bazize jenoside itari yashyingurwa iherereye, mugire ubutwari bwo kuyerekana ishyingurwe mu cyubahiro, muzaba mufashije umuryango nyarwanda.
Ndabasaba kwamagana mushize amanga abakomeje guhembera ingengabitekerezo ya Jenoside, abapfobya n’abahakana jenoside yakorewe abatutsi, uwaba akigaragaraho ivangura iryo ari ryo ryose, abagoreka amateka, baba abari hano mu gihugu no hanze yacyo n’abahohotera abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi. Abo bose tugomba gufatanyiriza hamwe kubamagana.
Ndasaba by’umwihariko urubyiruko kugira uruhare mu kubaka u Rwanda rushya, kumenya amateka mabi yaranze igihugu cyacu, kugira ngo rushobore kubaka ejo hazaza rwitandukanya buri gihe n’ikibi cyose aho cyakomoka hose.
Ndasaba abaturage ba Nyamasheke gukomeza kuba hafi abarokotse jenoside yakorewe abatutsi kuko yabagizeho ingaruka zikomeye. Mukomeze kubahumuriza, kubarinda kwiharira ibi bihe bikomeye banyuzemo, by’umwihariko bahabwe umutekano usesuye.”
“Twibuke Twiyubaka”












Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…