Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yasuye Nyamasheke, asaba abaturage kugira uruhare mu kubungabunga umutekano no gusigasira umuryango
Nyamasheke, 14 Kanama 2025 – Mu rwego rwo kwegera abaturage no kuganira nabo kuri gahunda zinyuranye za Leta, Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Bwana Ntibitura Jean Bosco, yasuye Akarere ka Nyamasheke, aganira n’abaturage bo mu Mirenge ya Rangiro na Cyato.
Ibiganiro byahuriyemo abaturage n’ubuyobozi byibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi: imiyoborere myiza, iterambere, n’imibereho myiza. Guverineri Ntibitura yasabye abaturage guha agaciro umutekano, abibutsa ko ari wo musingi w’ibikorwa byose by’iterambere. “Iyo tutagize uruhare mu kubungabunga umutekano, urahungabana. Ntabwo tuzabona umusirikare cyangwa umupolisi uhagarara kuri buri rugo ngo arurinde, ni ngombwa gutangira amakuru ku gihe,” Guverineri yibutsa abaturage.
Yagarutse kandi ku bibazo bikwirakwiza amakimbirane mu miryango birimo ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, inzoga z’inkorano zitemewe, gusesagura umutungo, ubushoreke, uburaya, ubusambanyi n’izindi ngeso zisenya umuryango. Yabibukije ko umuryango ari ishingiro ry’igihugu, abasaba kuwusigasira no kuwurinda icyawuhungabanya.
Mu butumwa bwe, Guverineri Ntibitura yanasabye abaturage kujyana abana mu mashuri, abibutsa ko nta gihugu na kimwe ku isi cyateye imbere gifite abaturage batize.
Guverineri yagarutse kuri gahunda zinyuranye nka Girinka, ubuzima, iterambere n'ibindi yizeza ubuvugizi kuri bimwe bisaba ubwo buvugizi, yizeza abaturage ko ibidasaba ubuvugizi Leta izakomeza kugenda ibibagezaho, ati: “mushonje muhishiwe.”
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…