Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba yasuye Umurenge wa Cyato.

Kuri uyu wa 14 Nyakanga Umuyobozi w’Intara y’Uburengerazuba Madame MUKANDASIRA Cartas yasuye Akarere ka Nyamasheke Umurenge wa Cyato muri gahunda isanzwe yo kwegera abaturage no kuganira nabo. Uru ruzinduko kandi rw’Umuyobozi w’Intara yari aherekejwe n’Umuyobozi wa police mu Ntara ndetse n’Umuyobozi w’Ingabo Rusizi na Nyamasheke.

Mu ijambo ry’Ikaze ryavuzwe n’Umuyobozi w’Akarere Bwana KAMALI Aimé Fabien yashimiye Ubuyobozi bw’Intara budahwema kubaba hafi no kubafasha mu gukemura ibibazo by’Abaturage anaboneraho gushima Abaturage b’Umurenge wa Cyato uburyo ari Intangarugero mu karere.

Umuyobozi wa police mu Ntara y’Uburenganzira ACP MUTEZINTARE Bertin na we yashimiye abaturage b’Umurenge wa Cyato ko batagaragarwaho n’ibikorwa by’urugomo anaboneraho kubasaba gukomeza kubungabunga umutekano ngo hatazagira ubinjirana aturutse ahandi. Yabibukije kandi gukomeza urugamba rwo gusubiza abana ku mashuri, kwirinda amakimbirane yo mu ngo ndetse n’icuruzwa ry’abantu.

Mu ijambo ry’Umuyobozi w’Intara na we yunze mu ry’abamubanjirije ashimira Abaturage uburyo bitabiriye ari benshi kandi bakeye anaboneraho kubabwira ko Abaturage ari bo bafite iya mbere mu miyoborere y’Igihugu kuko badahari abayobozi batabona uwo bayobora bityo abasaba gukoresha abayobozi babo anakangurira abayobozi kurushaho kwegera Abaturage. Yibukije abaturage impamvu yo gukorera ku mihigo kugira ngo bajye babasha kumenya ibyarangiye n’ibisigaye ngo bibafashe mu igenamigambi.

Yanageye kandi Abaturage umwanya wo kwinigura bakabaza ibibazo, bagatanga ibitekerezo ndetse n’ibyifuzo byagenderwaho mu kubaka Igihugu muri rusange nUmurenge wa Cyato by’Umwihariko

 

TUYIZERE Jacques

PRMCO/ NYAMASHEKE


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->