Guverineri yaganiriye n’ abayobozi mu Murenge wa Nyabitekeri
Kuri uyu wa 25 Kanama 2021, Guverineri w' Intara y' Iburengerazuba aherekejwe na bamwe mu bagize Komite y' Inama y' Umutekano Itaguye y' Intara bagize uruzinduko rw’ akazi mu Karere ka Nyamasheke bakorana inama n' abayobozi mu byiciro bitandukanye mu Murenge wa Nyabitekeri barimo abo mu nzego bwite za Leta, abikorera , abanyamadini, abayobozi b’ ibigo, abahagarariye ibyiciro byihariye n’ abandi bakora bikiganwa muri uyu Murenge.
Muri iyi nama ingingo yagarutsweho cyane ni iyo kwita ku mutekano nk’ Umurenge uri ku nkiko z’ Akarere ari na zo z’ Igihugu ariko hanagarukwa ku mutekano w’ imibereho myiza y’ abaturage (HIS)
Guverineri yashimiye abayobozi b’ uyu murenge ariko abasaba urushaho kwita ku baturage bafatanyije n’ inzego zose kuko ari bwo bagera ku musaruro ukwiye. Yabasabye kubanza gusobanukirwa ibibazo by’ umuturage kugira ngo babone gushaka uburyo bwo kubikemura basobetse amaboko kuko nta Wabasha gukemura ibibazo atanazi.
Umurenge wa Nyabitekeri utuwe n’ abaturage 3474 ukaba ufite ubuso bwa kikometerokare 73,42 ariko igice kinini cyawo kikaba kigizwe n’ amazi yo mu Kiyaga cya Kivu (41.60 km2 )ari na yo mpamvu abawutuye bakunze gukora imirimo yo kuroba ndetse bakanakangurirwa kororera muri iki kiyaga hifashishijwe za kareremba.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…