Guverineri yaganiriye n’ abayobozi mu Murenge wa Nyabitekeri

Kuri uyu wa 25 Kanama 2021, Guverineri w' Intara y' Iburengerazuba aherekejwe na bamwe mu bagize  Komite y' Inama y' Umutekano Itaguye y' Intara bagize uruzinduko rw’ akazi mu Karere ka Nyamasheke bakorana inama n' abayobozi mu byiciro bitandukanye mu Murenge wa Nyabitekeri barimo abo mu nzego bwite za Leta, abikorera , abanyamadini, abayobozi b’ ibigo, abahagarariye ibyiciro byihariye n’ abandi bakora bikiganwa muri uyu Murenge.

Muri iyi nama ingingo yagarutsweho cyane ni iyo kwita ku mutekano nk’ Umurenge uri ku nkiko z’ Akarere ari na zo z’ Igihugu ariko hanagarukwa ku mutekano w’ imibereho myiza y’ abaturage (HIS)

Guverineri yashimiye abayobozi b’ uyu murenge ariko abasaba urushaho kwita ku baturage bafatanyije n’ inzego zose kuko ari bwo bagera ku musaruro ukwiye. Yabasabye kubanza gusobanukirwa ibibazo by’ umuturage kugira ngo babone gushaka uburyo bwo kubikemura basobetse amaboko kuko nta Wabasha gukemura ibibazo atanazi.

Umurenge wa Nyabitekeri utuwe n’ abaturage 3474 ukaba ufite ubuso bwa kikometerokare 73,42 ariko igice kinini cyawo kikaba kigizwe n’ amazi yo mu Kiyaga cya Kivu (41.60 km2 )ari na yo mpamvu abawutuye bakunze gukora imirimo yo kuroba ndetse bakanakangurirwa kororera muri iki kiyaga hifashishijwe za kareremba.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->