"Hari ibyo mukwiye kwiyima atari uko bibujijwe n'amategeko, ahubwo mukabyiyima kubera inshingano z'ubuyobozi mufite"

Byagarutsweho n'umuyobozi w'akarere ka Nyamasheke Bwana Mupenzi Narcisse mu nama yahuje ubuyobozi bw'akarere n'abanyamabanga nshingwabikorwa b'utugari kuri uyu wa 23 Kamena 2025 ku biro by'akarere.

Iyi nama yari igamije kuganira kuri gahunda na politiki za Leta mu rwego rwo kurebera hamwe uburyo izi gahunda zishyirwa mu bikorwa, uburyo bukwiye bwo kunoza ibitanoze no kuzamura ubwitabire bw'abaturage muri gahunda za Leta.

Umuyobozi w'akarere yasabye abanyamabanga nshingwabikorwa gukoresha uburyo bukwiye mu miyoborere y'akagari cyane cyane hifashishijwe ubukangurambaga kugira ngo abaturage babashe kwitabira gahunda za Leta  babyumva neza aho kugira ngo bazitabire bumva ko ari agahato. Umuyobozi w'akarere yasabye abitabiriye inama kuba intangarugero bitandukanya n'imyifatire idakwiye abayobozi, bakagira ibyo bigomwa kubera inshingano z'ubuyobozi bafite.

Muri iyi nama harebewe hamwe uko abaturage bitabira gahunda za Leta nka Ejo Heza, haganirwa ku ngamba zikwiye gukoreshwa kugira ngo utugari tukiri inyuma tubashe kuzamuka, n'ahakiri imbogamizi akarere kiyemeza gukora ubuvugizi kugira ngo utwo tugari natwo tubashe kugera ku ntego. 

Umuyobozi w'akarere yakiriye ibibazo, ibitekerezo n'ibyifuzo by'abitabiriye inama, hatangwa imirongo n'ibisubizo bikwiye, kandi abitabiriye inama bizezwa ubufatanye mu ngamba zo guteza imbere umuturage. 


Hatangizwa icyumweru cy'icyunamo n'iminsi 100 yo #Kwibuka32 Meya Mupenzi Narsicce yibukije ko kudasesengura byagejeje u Rwanda kuri Jenoside

Meya Mupenzi Narcisse yashimangiye ko kuba amacakubiri yarazanywe n'abakoloni ariko abanyarwanda barimo abayobozi n'abaturage ntibagire isesengura…
Read more →

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu ntara y'Iburengerazuba

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu marushanwa Umurenge Kagame Cup aho mu myaka 2 yikurikiranya ikomeje kuza ku isonga…
Read more →

Nyamasheke mu rugamba rwo kuba iya mbere mu bwiza bwa Kawa n'ubwinshi bw'umusaruro nyuma yo kuba ku isongo mu kugira ibiti bya kawa byinshi

Akarere ka Nyamasheke kari ku mwanya wa mbere mu gihugu mu turere dufite ibiti bya kawa byinshi. Kuba aka karere gafite umubare w'ibiti bya kawa…
Read more →

Nyamasheke: PSF- Nyamasheke yahawe umukoro wo gushora imari mu bikorwa bisamikiye ku bukerarugendo

PSF-Nyamasheke yashimiwe uruhare ntagereranywa igira mu iterambere ry'Akarere, ihabwa umukoro wo gukora ishoramari rishamikiye ku bukerarugendo mu…
Read more →

Ingengo y’Imari Ivuguruye y’Akarere ka Nyamasheke Yatowe na Njyanama Yiyongereyeho Asaga Miliyari 3

Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…

Read more →

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →
-->