Hasozwa icyumweru cy'icyunamo guverineri w'intara y'iburengerazuba yifatanyije n'abaturage b'umurenge wa Macuba ku rwibutso rwa jenoside yakorewe abatutsi rwa hanika
Ubwo hasozwaga icyumweru cy'icyunamo kuri uyu wa 13 Mata 2025, Guverineri w'intara y'Iburengerazuba Bwana Ntibitura Jean Bosco yifatanyije n'abaturage bo mu karere ka Nyamasheke mu murenge wa Macuba kuri Paruwasi Gatolika ya Hanika ahari urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Kuri iyi Paruwasi kimwe n'izindi nyinshi mu Rwanda hari hahungiye abatutsi benshi bizeye ko bahakirira, ariko batsembwa n'interahamwe nta kirengera.
Urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rw'i Hanika ruherereye mu kagari ka Rugari mu murenge wa Macuba rukaba ruruhukiyemo abatusi bazize jenoside bagera ku bihumbi umunani magana ane na mirongo ine n'umwe (8441) harimo n'imibiri ibiri yabonetse ikaba yashyinguwe mu cyubahiro kuri iyu wa 13 Mata 2025.
Iki gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 cyitabiriwe n'abayobozi ku nzego zitandukanye, abayobozi b'amadini n'amatorero, abarokotse jenoside yakorewe abatutsi muri aka gace n'abaturage muri rusange.
Mu ijambo ry'umushyitsi mukuru yahumurije abarokotse jenoside yakorewe abatutsi uko bakomeza ubutwari bagatwaza nyuma ya jenoside yabasigiye ibikomere bitoroshye, abizeza ko Leta y'u Rwanda izakomeza gukora ibishoboka kugira ngo ibafashe kubaho kandi babayeho neza.
Yasoje asaba abaturage kuba hafi abarokotse jenoside yakorewe abatutsi, kubafata mu mugongo no kwirinda icyahungabanya umutekano wabo.
“Twibuke twiyubaka”
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…