Hatangijwe Ibikorwa by’Icyumweru cy’Ingabo “Army Week”

Kuri uyu wa 04 Gicurasi 2017, mu murenge wa Kanjongo, Akagari ka Susa Umudugudu wa Gatebe ku ishuri Ribanza rya Gatebe, hatangirijwe ibikorwa by’icyumweru cy’Ingabo “Army Week” ahashyizwe ibuye ry’Ifatizo ahazubakwa ibyumba bitandatu by’Amashuri. Nk’uko byasobanuwe  n’ Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Uburezi Ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye Honorable Isaac MUNYAKAZI wari umushyitsi Mukuru muri uyu muhango, iyi minsi yiswe icyumweru cy’Ingabo uyu mwaka yabaye icyumweru kidasanzwe cy’ingabo kizafata igihe cy’amazi atatu. Mu gihe mu myaka ishize habaga icyumweru cy’iminsi irindwi gusa mu bikorwa by’icyumweru cy’Ingabo, kuri iyi nshuro ho ibikorwa bya bizamara igihe cy’Amazi atatu mu rwego rwo kurushaho kuzamura imibereho myiza y’Abanyarwanda. Ibi bikorwa bizibanda ku buhinzi, ibikorwa remezo, … Mu ijambo ry’Intumwa y minisiteri y’Ingabo, Maj Gen Jacques NZIZA yibukije ko mu bufatanye n’Abanyarwanda bose bifuza gukomeza kubungabunga umutekano ushingiye cyane cyane ku Mibereho myiza y’Abaturage yo shingiro ry’umutekano Wuzuye. Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinwe Imibereho Myiza y’Abaturage wari uhagarariye Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba utabashije kuboneka Madamu Claudette MUKAMANA yashimiye byimazeyo Ingabo z’Igihugu zidahwema kwerekana ubufatanye mu iterambere n’imibereho myiza y’Abanyarwanda anizeza  ubufatanye mu kurinda ibigiye kubakwa muri iyi minsi n’indi izayikurikira kugira ng bizagirire umumaro abana b’u Rwanda muri Rusange n’aba Nyamasheke by’Umwihariko. Abana biga muri iri shuri bishimiye uburyo ubuyobozi bubatekerezaho none bukaba bugiye kubakura mu mashuri atari atunganye bukabashyira mu mashuri meza bavuga ko bizabafasha mu myigire yabo nabo bakaba bafite icyizere cy’ejo hazaza biringiye kuba abantu bakomeye. Ku  ishuri Ribanza rya Gatebe hatangirijwe uyu muhango hazubakwa ibyumba bishya bitatu, hasanwe ibindi bitatubyari bishaje  hanubakwe imisarani 24. Muri iyi minsi kandi yahariwe ibikorwa b’Ingabo z’Igihugu, hazubakwa ibiraro  hanatunganywe ibishanga bihingwamo imboga.     TUYIZERE Jacques Public Relations Media and Communication Officer

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->