Hatangijwe umushinga mushya uzafasha akarere mu rugamba rwo kugabanya igwingira n'imirire mibi

Mu Karere ka Nyamasheke hatangijwe ku mugaragaro gahunda nshya yiswe mu ndimi z'amahanga “Combating Malnutrition In Rwanda Trough Sustainable Food System (CMR-FS)”, ugenekereje mu Kinyarwanda ikaba ari gahunda yo Kurwanya Imirire Mibi mu Rwanda binyuze muri sistemu y'ibiribwa irambyeizamara imyaka itanu (2025–2030); ikaba igamije kurwanya imirire mibi no kugabanya igwingira mu bana bato.

Iki gikorwa cyabereye muri Hoteri Ibigabiro, kitabirwa kandi kiyoborwa n’Umuyobozi w’ishami ry’ubuzima mu Karere ka Nyamasheke, abafatanyabikorwa b'akarere muri serivisi z'ubuzima, abayobozi b'imirenge izakoreramo uyu mushinga n'abandi batumirwa, basobanuriwe basobanurirwa iby’ingenzi bigize umushinga, uburyo uzashyirwa mu bikorwa ndetse n’inshingano z’abafatanyabikorwa bose.

Umushinga wa CMR-FS uterwa inkunga n’Ikigo cy’Abasuwisi gishinzwe Iterambere n’Ubufatanye (Swiss Agency for Development and Cooperation – SDC) ku bufatanye n’Impuzamiryango Mpuzamahanga ishinzwe guteza imbere Indyo yuzuye (Global Alliance for Improved Nutrition – GAIN). Ni umushinga uzakorana na Minisiteri y'Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurwanya indwara zitandura (National Commission for the Prevention of Non-Communicable Diseases – NCDA), Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (Rwanda Biomedical Centre – RBC) ndetse n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke.

Ubuyobozi bw’akarere bwishimiye uyu mushinga uzakorera mu mirenge itanu y'akarere (Bushekeri, Rangiro, Kagano, Kanjongo na Mahembe), bugaragaza ko ari intambwe ishimishije mu rugamba rwo kurwanya imirire mibi no kugabanya igwingira mu bana bato cyane ko akarere ka Nyamasheke kari mu turere tukibarizwamo abana bari mu murire mibi. Mu bikorwa biteganyijwe mu isyirwa mu bikorwa ry'uyu mushinga harimo gutanga ubumenyi n’ubufasha ku baturage mu buryo burambye bwo kubona, gutegura no gukoresha indyo yuzuye kandi iboneye.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->