Hatangijwe umushinga mushya uzafasha akarere mu rugamba rwo kugabanya igwingira n'imirire mibi
Mu Karere ka Nyamasheke hatangijwe ku mugaragaro gahunda nshya yiswe mu ndimi z'amahanga “Combating Malnutrition In Rwanda Trough Sustainable Food System (CMR-FS)”, ugenekereje mu Kinyarwanda ikaba ari gahunda yo Kurwanya Imirire Mibi mu Rwanda binyuze muri sistemu y'ibiribwa irambye” izamara imyaka itanu (2025–2030); ikaba igamije kurwanya imirire mibi no kugabanya igwingira mu bana bato.
Iki gikorwa cyabereye muri Hoteri Ibigabiro, kitabirwa kandi kiyoborwa n’Umuyobozi w’ishami ry’ubuzima mu Karere ka Nyamasheke, abafatanyabikorwa b'akarere muri serivisi z'ubuzima, abayobozi b'imirenge izakoreramo uyu mushinga n'abandi batumirwa, basobanuriwe basobanurirwa iby’ingenzi bigize umushinga, uburyo uzashyirwa mu bikorwa ndetse n’inshingano z’abafatanyabikorwa bose.
Umushinga wa CMR-FS uterwa inkunga n’Ikigo cy’Abasuwisi gishinzwe Iterambere n’Ubufatanye (Swiss Agency for Development and Cooperation – SDC) ku bufatanye n’Impuzamiryango Mpuzamahanga ishinzwe guteza imbere Indyo yuzuye (Global Alliance for Improved Nutrition – GAIN). Ni umushinga uzakorana na Minisiteri y'Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurwanya indwara zitandura (National Commission for the Prevention of Non-Communicable Diseases – NCDA), Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (Rwanda Biomedical Centre – RBC) ndetse n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke.
Ubuyobozi bw’akarere bwishimiye uyu mushinga uzakorera mu mirenge itanu y'akarere (Bushekeri, Rangiro, Kagano, Kanjongo na Mahembe), bugaragaza ko ari intambwe ishimishije mu rugamba rwo kurwanya imirire mibi no kugabanya igwingira mu bana bato cyane ko akarere ka Nyamasheke kari mu turere tukibarizwamo abana bari mu murire mibi. Mu bikorwa biteganyijwe mu isyirwa mu bikorwa ry'uyu mushinga harimo gutanga ubumenyi n’ubufasha ku baturage mu buryo burambye bwo kubona, gutegura no gukoresha indyo yuzuye kandi iboneye.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…