Hatangijwe umushinga mushya uzafasha akarere mu rugamba rwo kugabanya igwingira n'imirire mibi

Mu Karere ka Nyamasheke hatangijwe ku mugaragaro gahunda nshya yiswe mu ndimi z'amahanga “Combating Malnutrition In Rwanda Trough Sustainable Food System (CMR-FS)”, ugenekereje mu Kinyarwanda ikaba ari gahunda yo Kurwanya Imirire Mibi mu Rwanda binyuze muri sistemu y'ibiribwa irambyeizamara imyaka itanu (2025–2030); ikaba igamije kurwanya imirire mibi no kugabanya igwingira mu bana bato.

Iki gikorwa cyabereye muri Hoteri Ibigabiro, kitabirwa kandi kiyoborwa n’Umuyobozi w’ishami ry’ubuzima mu Karere ka Nyamasheke, abafatanyabikorwa b'akarere muri serivisi z'ubuzima, abayobozi b'imirenge izakoreramo uyu mushinga n'abandi batumirwa, basobanuriwe basobanurirwa iby’ingenzi bigize umushinga, uburyo uzashyirwa mu bikorwa ndetse n’inshingano z’abafatanyabikorwa bose.

Umushinga wa CMR-FS uterwa inkunga n’Ikigo cy’Abasuwisi gishinzwe Iterambere n’Ubufatanye (Swiss Agency for Development and Cooperation – SDC) ku bufatanye n’Impuzamiryango Mpuzamahanga ishinzwe guteza imbere Indyo yuzuye (Global Alliance for Improved Nutrition – GAIN). Ni umushinga uzakorana na Minisiteri y'Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurwanya indwara zitandura (National Commission for the Prevention of Non-Communicable Diseases – NCDA), Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (Rwanda Biomedical Centre – RBC) ndetse n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke.

Ubuyobozi bw’akarere bwishimiye uyu mushinga uzakorera mu mirenge itanu y'akarere (Bushekeri, Rangiro, Kagano, Kanjongo na Mahembe), bugaragaza ko ari intambwe ishimishije mu rugamba rwo kurwanya imirire mibi no kugabanya igwingira mu bana bato cyane ko akarere ka Nyamasheke kari mu turere tukibarizwamo abana bari mu murire mibi. Mu bikorwa biteganyijwe mu isyirwa mu bikorwa ry'uyu mushinga harimo gutanga ubumenyi n’ubufasha ku baturage mu buryo burambye bwo kubona, gutegura no gukoresha indyo yuzuye kandi iboneye.


Hatangizwa icyumweru cy'icyunamo n'iminsi 100 yo #Kwibuka32 Meya Mupenzi Narsicce yibukije ko kudasesengura byagejeje u Rwanda kuri Jenoside

Meya Mupenzi Narcisse yashimangiye ko kuba amacakubiri yarazanywe n'abakoloni ariko abanyarwanda barimo abayobozi n'abaturage ntibagire isesengura…
Read more →

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu ntara y'Iburengerazuba

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu marushanwa Umurenge Kagame Cup aho mu myaka 2 yikurikiranya ikomeje kuza ku isonga…
Read more →

Nyamasheke mu rugamba rwo kuba iya mbere mu bwiza bwa Kawa n'ubwinshi bw'umusaruro nyuma yo kuba ku isongo mu kugira ibiti bya kawa byinshi

Akarere ka Nyamasheke kari ku mwanya wa mbere mu gihugu mu turere dufite ibiti bya kawa byinshi. Kuba aka karere gafite umubare w'ibiti bya kawa…
Read more →

Nyamasheke: PSF- Nyamasheke yahawe umukoro wo gushora imari mu bikorwa bisamikiye ku bukerarugendo

PSF-Nyamasheke yashimiwe uruhare ntagereranywa igira mu iterambere ry'Akarere, ihabwa umukoro wo gukora ishoramari rishamikiye ku bukerarugendo mu…
Read more →

Ingengo y’Imari Ivuguruye y’Akarere ka Nyamasheke Yatowe na Njyanama Yiyongereyeho Asaga Miliyari 3

Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…

Read more →

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →
-->