Hatangijwe umushinga utera inkunga uburezi bw’abana b’incuke
Ku bufatanye n’Umuryango w’Abakorerabushake batagira imipaka (VSO) mu Karereka Nyamasheke hatangijweUmushinga utera inkunga uburezi bw’abana b’incuke.
Nk’uko byasobanuwe na Bwana NTEZIRYAYO Jean Paul Umuhuzabikorwa w’Umushinga VSO mu ntara y’Iburengerazuba, Akarere ka Nyamasheke katoranyijwe mu tundi turere twose ngokabe icyitegererezo muri iyi gahunda. Yakomeje avugako mu bikorwa bazakora mu gihe cy’imyaka itatu bazamara muri aka Karere bazibanda ku bikorwa biramba kurusha kubaka ibishira mu gihegito. Bazibanda mu kubaka amashuri y’incuke hirya nohi no mu midugudu kugira ngobegereze abana bato amashuri, mu rwego rwokugabanya ingendo ndende bakora bajya ahubatse amashuri abanza binaviramo bamwekutiga ayo mashuri. Bazahugura kandi abarezi kugira ngo babashe kugira ubumenyi buhagije mu kurera abana b’incuke ndetse bazanafatanya n’ ababyeyi ndetse n’ ibigo by’ amashuri mu gikorwa cyo kurwanya imirire mibi kugirango umwana akure neza agwije ubwenge mu buryo bwose.
Umuyoboziw’Ishami ry’uburezi mu Karere ka Nyamasheke Bwana SINABAJIJE Alphonse wari uhagarariye Ubuyobozi bw’ Akarere yashimiye byimazeyo ubufasha bwa VSO abizeza ubufatanye kugira ngo barusheho kuzamura iremery’uburezi.
Yakanguriye ababyeyi n’abayobozi b’inzegoz’ibanze gukomeza ubukangurambaga kugirango abana bakomeze bagane amashuri y’incuke nta n’ umwe ucikanwe. Yabasabye kandi gufatanya na Leta y’u Rwanda muri gahunda yihaye yo kuzarangiza umwakawa 2017 buri mudugudu ufite ishuri ry’incuke. Yasabye ababyeyi kubyaza umusaruro aya mahirwe babonye maze nyuma y’imyaka itatu y’umushinga bakazaba bagize ahobigeza.
TUYIZERE Jacques
Public Relations, Media and Communication Officer
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…