Hatashywe amazu 36 yubatswe ku nkunga ya Compassion International
Kuri uyu wa 25 Gicurasi 2016 mu Murenge wa Kanjongo habaye umuhango wo gutaha ku mugaragaro amazu 36 yubatswe mu Karere ka Nyamasheke ndetse binabera rimwe no gutaha andi 24 yo mu Karere ka Rusizi yose yubatswe ku nkunga y’Umuryango Compassion International aha twakwibutsa kandi ko aya mazu yari mu mihigo Amatorero aterwa Inkunga n’uyu mushinga nk’Abafatanyabikorwa b’Akarere yari yariyarasinyaye n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke bakaba bawesheje ariko hakaba hakiri andi mazu 7 akiri kubakwa mu Murenge wa Gihombo nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi mukuru w’Umuryango Compassion International.
Bwana Japhet n’Umuryango we ugizwe n’abantu bane umwe muri aba bubakiwe yashimiye Imana na Compassion International ndetse na Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda ibaha umutekano bakesha Iterambere ryose. Yakomeje avuga ko batujwe muri iyo nzu bavanwe ahantu mu manegeka aho inzu yari yarabasiziyeho none bakaba bahawe inzu nziza.
Mu ijambo rye Umuyobozi Mukuru w’umuryango Compassion International ku rwego rw’Igihugu Bwana John NKUBANA yashimiye Imana yo ibabashisha kugera kuri byinshi bagezeho anashima ubufatanye Leta y’u Rwanda idahwema kubagaragariza. Yijeje Ubuyobozi kandi ko batazahwema gushimangira ubufatanye no kwita ku Banyarwanda bababaye.
Bwana KAMALI Aimé Fabien Umuyobozi w’Akarere ka Nyamashekeyashimiye byimazeyo ubufatanye n’Amatorero ndetse na Comapassion International mu kwesa Imihigo no gukomeza kubaka Ibikorwa biteza imbere Umunyarwanda n’Umuturage wa Nyamasheke by’umwihariko.
Mu ijabo ry’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Uburengerazuba wari n’umushyitsi mukuru muri uyu muhango yashimiye Imana yabashishije abantu kugira umutima wo gutaba abagowe. Yaboneyeho kandi gushima ubufatanye bw’Akarere n’Abafatanyabikorwa biganisha mu kwesa imihigo. Yasabye abagenerwabikorwa b’umushinga gukomeza kubungabunga ibyagezweho anabasaba ko inkunga batewe yabafasha kwikura mu bukene bikazabageza no ku rwego bazamura bagenzi babo bakiri inyuma batarindiriye abaterankunga baturutse ikantarage.
Umuryango Compassion Interanational ukora ibikorwa bitandukanye by’impuhwe no kwita ku bababaye kurusha abandi cyane cyane bafasha abana kwiga ndetse no kubabonera ubwisungane mu kwivuza bo Rwanda rw’ejo hazaza. Mu Rwanda Compassion yatangiye ibikorwa byayo mu 1980 ariko kubera jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ibintu byinshi bigasenywa na yo yaje kongera gushinga imizi nyuma yayo kuri ubu ikaba ifite abana bayingayinga ibihumbi mirongo inani (80000) by’abana ifasha hirya no hino mu Rwanda.
TUYIZERE Jacques
PRMCO Nyamasheke