Hatashywe ibyumba by’amashuri 31

photo name   Kuri uyu wa 29 Mutarama Minisitiri mu Biro Bya Perezida wa Repubulika Madamu Uwizeye Judith yifatanyije n’Abaturage b’Akarere ka Nyamasheke mu gutaha ibyumba by’Amashuri byubatswe mu mwaka wa 2017-2018. Nk’uko byagarutsweho na benshi muri uyu muhango, bishimiye uburyo Leta y’u Rwanda ishyize imbere imyigire y’Abana bayo, kuko ari ryo zingiro ry’ Iterambere. Yaba aabyeyi ndetse n’abanyeshuri bose bagaragaje imbamutima zabo kuri ibi bikorwa by’indashyikirwa bagezwaho n’Ubuyobozi bw’Igihugu. Mu ijambo rye, Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke Bwana Kamali Aimé Fabien na we yagarutse ku ishimwe ashimira ubuyobozi bukuru bw’Igihugu budahwema gutekereza ku mwana w’Umunyarwanda ndetse no kuba bwohereje Minisitiri ngo atahe aya mashuri, ibintu we abona ko ari iby’agaciro gakomeye. Umuyobozi w’akarere kandi yijeje Minisitiri ko aya mashuri yubatswe azafatwa neza kugira ngo agereku ntego yubakiwe.  Ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye uyu muhango, Minisitiri yashimiye ubufatanye bwaranze abantu bose kugira ngo hubakwe amashuri, yanasabye kandi ko inyubako nziza zikwiye kugiran isano n’imitsindire y’abanyeshuri. Yasabye kandi gukomeza kwita ku isuku y’aya mashuri ndetse n’iyo ku mubiri. Uyu mwaka hubatswe ibyumba by’amashuri byose hamwe 31 n’ubwiherero 36 naho uyu  munsi hatashywe ibyumba bitatu byubatswe ku Rwunge rwa Mutagatifu Pawulo Tyazo, ibyumba bitandatu n’ubwiherero butandatu byubatswe ku Ishuri Ribanza rya Buhoro Metodisite, n’ibyumba bitatu byo ku Ishuri ribanza rya Nyabinaga.   photo name photo name photo name photo name photo name

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->