Hatashywe inzu y’ ababyeyi ku ivuriro ry’ ibanze rya Banda
Umuyobozi w’ Akarere Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza y’ Abaturage yayoboye igikorwa cyo gutaha inzu y’ ababyeyi (Maternity) yubatswe ku ivuriro ry’ ibanze (Poste de santé) rya Banda mu Kagari ka Banda mu Murenge wa Rangiro yubatswe ku bufatanye n’ Umufatanyabikorwa KAGENO.
Iyi nzu y’ Ababyeyi ije ari igisubizo ku babyeyi bakoraga ingendo ndende bajya gushaka serivisi zo kubyara ku bigo nderabuzima bya Yove na Rangiro , yuzuye itwaye asaga miliyoni mirongo inani z’ amafaranga y’ u Rwanda (80,000,000 Frw)
Mu buhamya bwatanzwe n’ abakoresha iri vuriro bavuga ko ryabaruhuye ingendo ndende bakoraga ariko noneho iyi nzu y’ ababyeyi yo ikaba akarusho.
Vuganeza Claudine twasanze yaraye ahabyariye yagize ati “Ndishimye cyane kubera ko nabashije kubyarira ahantu hafi yo mu rugo kandi hakaba hasa neza rwose. Mbere twakoraga ingendo ndende banadutwaye mu ngobyi bikaturushya ariko ubu ndumva nezerewe”.
Ivuriro rito rya Banda ni ryo ryonyine ryemerewe iyi serivisi yo kubyaza bitewe n’ uko isesengura ryagaragaje ko ari agace kihariye gakwiye kwegerezwa iyo serivisi.
Umuyobozi w’ Umuryango Kageno mu Rwanda Musabyimana Elie yavuze ko impamvu zabateye kubaka iyi nzu y’ ababyeyi isa n’ iyatummye hubakwa ivuriro ry’ ibanze kuko nyine yari kure y’ ahandi babonaga izo serivisi. Nyuma y’ uko abaturage bakomeje kubisaba bakanabisa Guverineri w’ Intara y’ Iburengerazuba ubwo yasuraga Akagari ka Banda, Kageno yahise ibishyira muri gahunda zayo maze ubushobozi bubonetse irubakwa Akarere na ko gashaka ibikoresho nkenerwa.
Umuyobozi w’ Akarere Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza yashimiye byimazeyo Umufatanyabikorwa Kageno kubera iki gikorwa cy’ indashyikirwa yagejeje ku baturage ariko anasaba abaturage ko n’ ubwo babonye aho kubyarira habegerejwe bakwiye gukomeza kuzirikana gahunda yo kubonaza urubyaro kugira ngo barusheho kwiteza imbere.
Usibye iyi nzu y’ ababyeyi n’ iri vuriro, Umuryango Kageno wahinduye ubuzima bw’ Abatuye aka gace gaherereye hafi ya Pariki ya Nyungwe inabakura mu bwigunge aho inakora ibindi bikorwa bitandukanye birimo kurwanya imirire mibi mu bana babagaburira indyo yuzuye, bagafasha abana 300 biga mu ishuri ry’ inshuke babubakiye bakanagaburira abanyeshuri ku Rwunge rw’ Amashuri rwa Banda n’
Ivuriro rya Banda riganwa n’ abaturage bagera kuri 5200 buri kwezi n' ababyeyi bari hagati ya 10-12 buri kwezi
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…