Hatashywe inzu y’ ababyeyi ku ivuriro ry’ ibanze rya Banda

Umuyobozi w’ Akarere Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza y’ Abaturage yayoboye igikorwa cyo gutaha inzu y’ ababyeyi (Maternity) yubatswe ku ivuriro ry’ ibanze  (Poste de santé) rya Banda mu Kagari ka Banda mu Murenge wa Rangiro yubatswe ku bufatanye n’ Umufatanyabikorwa KAGENO.

 

Iyi nzu y’ Ababyeyi ije ari igisubizo ku babyeyi bakoraga ingendo ndende bajya gushaka serivisi zo kubyara ku bigo nderabuzima bya Yove na Rangiro  , yuzuye itwaye asaga miliyoni mirongo inani z’ amafaranga y’ u Rwanda (80,000,000 Frw)

Mu buhamya bwatanzwe n’ abakoresha iri vuriro bavuga ko ryabaruhuye ingendo ndende bakoraga ariko noneho iyi nzu y’ ababyeyi yo ikaba akarusho.

Vuganeza Claudine twasanze yaraye ahabyariye yagize ati “Ndishimye cyane kubera ko nabashije kubyarira ahantu hafi yo mu rugo kandi hakaba hasa neza rwose. Mbere twakoraga ingendo ndende banadutwaye mu ngobyi bikaturushya ariko ubu ndumva nezerewe”.

 

Ivuriro rito rya Banda ni ryo ryonyine ryemerewe iyi serivisi yo kubyaza bitewe n’ uko isesengura ryagaragaje ko ari agace kihariye gakwiye kwegerezwa iyo serivisi.

Umuyobozi w’ Umuryango Kageno mu Rwanda Musabyimana Elie yavuze ko impamvu zabateye kubaka iyi nzu y’ ababyeyi isa n’ iyatummye hubakwa ivuriro ry’ ibanze kuko nyine yari kure y’ ahandi babonaga izo serivisi. Nyuma y’ uko abaturage bakomeje kubisaba bakanabisa Guverineri w’ Intara y’ Iburengerazuba ubwo yasuraga Akagari ka Banda, Kageno yahise ibishyira muri gahunda zayo maze ubushobozi bubonetse irubakwa Akarere na ko gashaka ibikoresho nkenerwa.

Umuyobozi w’ Akarere Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza yashimiye byimazeyo Umufatanyabikorwa Kageno kubera iki gikorwa cy’ indashyikirwa yagejeje ku baturage ariko anasaba abaturage ko n’ ubwo babonye aho kubyarira habegerejwe bakwiye gukomeza kuzirikana gahunda yo kubonaza urubyaro kugira ngo barusheho kwiteza imbere.

Usibye iyi nzu y’ ababyeyi n’ iri vuriro, Umuryango Kageno wahinduye ubuzima bw’ Abatuye aka gace gaherereye hafi ya Pariki ya Nyungwe inabakura mu bwigunge aho inakora ibindi bikorwa bitandukanye birimo kurwanya imirire mibi mu bana babagaburira indyo yuzuye, bagafasha abana 300 biga mu ishuri ry’ inshuke babubakiye bakanagaburira abanyeshuri ku Rwunge rw’ Amashuri rwa Banda n’

Ivuriro rya Banda riganwa n’ abaturage bagera kuri 5200 buri kwezi n' ababyeyi bari hagati ya 10-12 buri kwezi


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->